• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/08/25
Kamonyi-Rugalika: Itsinda ry’abakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
19/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
19/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
19/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage

Nyaruguru: Igitero cy’Abantu bataramenyekana cyishe abantu 2 gikomeretsa abandi 3 barimo Gitifu w’Umurenge

Umwanditsi
June 20, 2018

Mu gitero cy’abantu bataramenyekana cyagabwe mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki 19 Kamena 2018 ahagana i saa sita z’ijoro, mu Murenge wa Nyabimata, Akagari ka Nyabimata ho mu Mudugudu wa Rwerere abantu 2 bishwe batatu barakomereka bari Gitifu w’uyu Murenge. Hatwitswe imodoka ya Gitifu, SACCO iraterwa isantere y’ubucuruzi ya Rumenero irasahurwa.

Mu ijoro ryakeye tariki 19 Kamena 2018 ahagana i saa sita z’ijoro, abantu bataramenyekana bitwaje intwaro bateye mu karere ka Nyaruguru, Umurenge wa Nyabimata, Akagari ka Nyabimata ho mu Mudugudu wa Rwerere bica abantu 2 banakomeretsa batatu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge.

Amakuru y’ubu bugizi bwa nabi yemejwe na Polisi y’u Rwanda ibinyujije mu itangazo yasohoye ku rubuga rwayo, itangaza kandi ko abakomerekejwe bajyanywe ku bitaro bya Munini ngo bakurikiranwe. Cyakoze aha ku makuru agera ku intyoza.com ni uko ngo bahakuwe bakajyanwa ku bitaro bikuru bya Kaminuza y’u Rwanda bya Butare-CHUB.

Polisi, itangaza ko abateye bakica barashe abantu babiri ndetse bakanakomeretsa batatu barimo n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Uyu Murenge ngo bakoze n’ibindi bikorwa bibi birimo gutwika imodoka y’uyu Gitifu, gutera SACCO ya Nyabimata nubwo ngo ntacyo batwaye. Banateye kandi isantere y’ubucuruzi ya Rumenero bahiba ibintu bitandukanye birimo ibiribwa.

Polisi itangaza ko abateye baje baturutse mu gice cy’ishyamba rya Nyungwe mu gice cyaryo gihana imbibi n’uburundi ari nayo nzira ngo basubijemo bagenda. Inzego z’umutekano ngo zihutiye gutabara no gushakisha aba bagizi ba nabi.

Mu gihe hagishakishwa aba bagizi ba nabi, inzego z’umutekano hamwe n’abayobozi ngo bagiye kwegera abaturage hagamijwe kubaganiriza no kubahumuriza.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5847 Posts

Politiki

4098 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1005 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga