• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Umwana w’imyaka 13 yaguye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro

Umwanditsi
June 25, 2018

Ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro giherereye mu Murenge wa Runda, Akagari ka Kabagesera mu Mudugudu wa Rubuye, kuri uyu wa 24 Kamena 2018 cyahitanye umwana w’umuhungu w’imyaka 13 wari ugiye gushaka amabuye y’agaciro.

Kuri iki cyumweru tariki 24 Kamena 2018 ahagana i saa sita n’igice z’amanywa, umwana w’imyaka 13 y’amavuko yahitanywe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro ubwo we n’abandi babiri bari bagiye gucukura amabuye y’agaciro muri iki kirombe giherereye mu Murenge wa Runda, Akagari ka Kabagesera ho mu Mudugudu wa Rubuye.

Amakuru y’urupfu rw’uyu mwana yemezwa kandi n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabagesera iki kirombe giherereyemo. Yabwiye intyoza.com ati ” Ni ikirombe kiba mu Mudugudu wa Rubuye cy’uwitwa James Mulisa ufite Kampanyi, umwana yari kumwe n’abandi babiri, ako k’imyaka 13 niko kapfuye, akandi byagafashe amaguru ariko kabona uko kavamo ntacyo kabaye.”

Nyiri iki kirombe nubwo ubuyobozi buvuga ko kitakoraga, twagerageje ku mushaka kuri terefone ye ngendanwa turamubura, tumuha ubutumwa bugufi nti twabona igisubizo. Iki kirombe kivugwa ko kitakoraga nta muzamu cyagiraga, ibintu ubuyobozi nabwo bubona nk’ikibazo.

Amakuru agera ku intyoza.com kandi ahamya ko iki kirombe cyanacukurwaga hashingiwe ku byangombwa byitwa ko nyiracyo yari akiri mu bushakashatsi(igerageza), nta cyangombwa nyacyo cyo gucukura. Abaganiriye n’umunyamakuru kandi bahamya ko imicukurire yo mu birombe mu Karere ikomeje guteza ibibazo bitandukanye bijyanye n’uburyo ubu bucukuzi bukorwamo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga