• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
14/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
14/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
14/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Kagogo: Imiterere y’Umurenge yatumye bishakamo “Umuryango wa Ngobyi”

Umwanditsi
July 5, 2018

Umurenge wa Kagogo ni umwe mu mirenge 17 igize Akarere ka Burera, ukaba utuwe n’abaturage babarirwa mu bihumbi 20 batuye mu misozi igize uwo murenge ku buryo bibagora kugera ku kigo nderabuzima no kuri za poste de santé.

Abaturage batuye uyu murenge bavuga ko bitaborohera kugeza umurwayi cyangwa se umubyeyi ugiye kubyara ku kigo nderabuzima, bitewe n’imiterere y’Umurenge wa Kagogo uherereye mu gace k’imisozi. Ibi ngo byatumye bishakamo igisubizo bashinga icyo bise “umuryango ngobyi” cyafatwa nk’ikimina cyo guhekerana.

Nyinawumuntu Marie Louise avuga ko bafite Ikigo nderabuzima kimwe,  ariko kuhagera urwaye biba bitoroshye ari yo mpamvu bisaba ko bitabaza abahetsi. Ati «Iyi misozi ureba hatabayeho ingobyi ubona umurwayi yazagera kwa muganga gute? Nubwo nta modoka tugira, n’iyo yahaba wazagera ku muhanda gute bataguhetse?»

Munyawera Ismael utuye muri uyu Murenge wa Kagogo, avuga ko iyo ari ahagendeka biyambaza moto, aho bisaba ko ijyaho abantu batatu kugira ngo umwe agende asigasiye umurwayi kugira ngo atagwa. Ati “Imbangukiragutabara imihanda myinshi nti yagendamo, bigasaba ko twiyambaza moto cyangwa tugaheka umurwayi mu ngobyi”.

Akomeza avuga ko buri muryango usabwa gutanga igihumbi buri kwezi kugira ngo hagize urwara afashwe kugera kwa muganga. Munyawera akomeza agira ati «Hari umuryango witwa duhekerane, aho twicamo amatsinda ariyo twitwa umuryango ngobyi. Buri muryango uba ufite moto ugomba guhamagara iyo hari umurwayi, haba hatagerwa na moto bakamuheka mu ngobyi “.

Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Kagogo.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagogo, Butoyi Louis, avuga ko iyi gahunda yo guhekerana bayishyize mu mihigo yabo, ati «Iyi gahunda y’umuryango wa ngobyi abaturage bayigize iyabo, bayishyira mu mihigo kandi bayihigura ijana ku ijana kuko ibafitiye akamaro kanini».

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge avuga ko uretse Ikigo nderabuzima kimwe bafite, bamaze kubona na poste de santé ebyiri ndetse bakaba bariho bubaka iya gatatu mu Kagari ka Kiringa,

Agira ati “Ndumva izo poste de santé kuba ziri ku mupaka bizarushaho kworohereza abaturage n’imvune zikagabanuka”.

Uyu muryango wa ngobyi bashyiramo imbaraga nk’uko Butoyi abivuga, ngo ufasha Umurenge cyane mu bukangurambaga ariko ukanafasha mu gutabara abarwayi aho imodoka itagera.

Agira ati “Uri mu muryango wa ngobyi aba afite n’inshingano zo kuba muri Mitiweli, bityo bikamworohereza kwivuza natwe bigatuma tubasha kwesa imihigo mu mitangire ya Mitiweli”.

Umuryango wa Ngobyi uretse guhekerana, unafasha gutabara mu gihe cy’amakuba, abagize ibyago bagapfusha kuko niwo baguramo isanduka yo kumushyinguramo no guherekeza uwo muryango wagize ibyago.

Gérard M. MANZI

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga