• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/10/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
30/10/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse
30/10/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa
30/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka

Uburasirazuba: Polisi yafatiye abantu babiri mu bikorwa byo gutanga Ruswa

Umwanditsi
July 18, 2018

Polisi y’u Rwanda irasaba abaturage kutishora mu ngeso zo gushaka kwaka, kwakira cyangwa gutanga ruswa. Ruswa, imunga ubukungu bw’igihugu, ikanimakaza akarengane. Polisi, ifatanya n’inzego zitandukanye kuyirwanya.

Mu rwego rwo kurwanya ruswa, Polisi ifata abayishoramo. Tariki ya 14 Nyakanga 2018, Polisi ikorera mu turere twa Rwamagana na Nyagatare yafashe abantu babiri barimo, Ndayisenga Emmanuel w’imyaka 32 y’amavuko, usanzwe ukora akazi ko gucunga umutekano mu kigo abagenzi bategeramo imodoka cya Rwamagana, yaka ruswa y’amafaranga y’u Rwanda 100 umunyonzi ngo afungure igare  rye ryafatiwe mu makosa muri icyo kigo.

Uwitwa Mukandori Generose w’imyaka 41 y’amavuko utuye mu murenge wa Matimba akagari ka Kagitumba, we yafatanywe inzoga zitemewe agashaka gutanga ruswa y’amafaranga 10000 frw ku nzego z’umutekano.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire yavuze ko Ndayisenga yafashwe arafungwa nyuma yo kwaka ruswa umunyonzi wari winjije igare mu kigo abagenzi bategeramo imodoka.

Yagize ati: “Mu bisanzwe Moto n’amagare ntibyemerewe kwinjira muri Gare, uyu ushinzwe gucunga umutekano muri gare ya Rwamagana yahereye kuri ibi yaka umunyonzi ruswa, aho kumushyikiriza ubuyobozi bwa Gare ngo bumuhane kuko yishe amategeko.’’

CIP Kanamugire avuga ko aya makuru bayamenye bayabwiwe n’uyu munyonzi kuko yumvaga arenganyijwe.

Ibikorwa byo gutanga ruswa nk’ibi kandi byagaragaye mu karere ka Nyagatare aho Mukandori Generose mu masaha y’ijoro yafashwe n’irondo atwaye ikarito y’inzoga zitemewe za Zebra, agashaka gutanga ruswa y’amafaranga y’u Rwanda 10.000 kugirango bamurekure.

CIP Kanamugire yibukije abaturage ko ruswa ari kimwe mu byaha bidasaza, kandi igihugu  cyahagurukiye kuyirwanya.

Yagize ati: “Imbaraga za buri wese zirakenewe mu kurwanya uwo ariwe wese utanga cyangwa waka ruswa, kuko byagaragaye ko idindiza ubukungu bw’igihugu, ikanimakaza akarengane, bityo kuyirwanya bikaba bikwiye kuba ibya buri wese, abaturage bihutira gutanga amakuru ku gihe k’uwo ari we wese ushatse kuyaka cyangwa kuyitanga.’’

Igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda mu ngigo yacyo ya 641 gisobanura ruswa nk’igikorwa cyo gutanga icyo ari cyo cyose ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, impano cyangwa indonke iyo ari yo yose cyangwa amasezerano yabyo kugira ngo akorere umuntu ibinyuranyije n’amategeko cyangwa areke gukora ibiri mu nshingano ze.

Iyi ngingo kandi ivuga ko mu gihe uwabikoze ahamwe n’icyaha ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) kugeza ku myaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro k’indonke yatanze cyangwa yashatse gutanga.

intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5901 Posts

Politiki

4152 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1025 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga