• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Ikirombe cyagwiriye abantu bane, umwe yapfuye abandi barakomereka

Umwanditsi
August 14, 2018

Mu Murenge wa Kayenzi, Akagari ka Cubi, mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki 14 Kanama 2018 mu ma saa saba, abantu bane bitwikiriye igicuku bajya mu kirombe gucukura amabuye y’agaciro bagwirwa n’ikirombe umwe ahasiga ubuzima, babiri barakomereka mu gihe undi yavuyemo ari muzima.

Abagwiriwe n’ikirombe kiri mu Mudugudu wa Rwishywa, Akagari ka Cubi ho mu Murenge wa Kayenzi ni;  Leander Nsabimana w’imyaka 36 y’amavuko, Cyrille Twagirumukiza w’imyaka 20 y’amavuko, Emile Shema w’imyaka 21 y’amavuko na Nteziryayo wo mu kigero cy’imyaka 47 y’amavuko( akomoka mu karere ka Gakenke).

Muri aba bose uko ari bane, uretse Nteziryayo na Shema bagiye kwa muganga kubwo gukomereka, Twagirumukiza we yavuyemo ari muzima mu gihe Nsabimana ku bufatanye bw’abaturage n’ubuyobozi bamukuye muri iki kirombe yamaze gupfa.

Innocent Mandera, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayenzi yemereye intyoza.com ko aya makuru ari impamo, ko ndetse nyuma yo gukuramo uyu wapfuye, ari nawe wakuwemo nyuma abaturage bahise bakoreshwa inama.

Yagize ati ” Nibyo, abo bantu uko ari bane ( bazwi ku mazina y’abahebyi) bagiye mu kirombe rwihishwa mu masaha ya saa saba z’ijoro. Amakuru twayamenye mu ma saa kumi z’igitondo, batatu bavuyemo ari bazima ariko babiri muri bo bakomeretse bajya kwa muganga, undi umwe nta kibazo. Uwa kane we yakuwemo nyuma yapfuye. Igikorwa cyo kumukuramo kirangiye mu ma saa mbiri z’igitondo.

Mandera, akomeza avuga ko mu butumwa abaturage bahawe, burimo kwirinda kujya mu birombe mu masaha y’ijoro, kwirinda kujya mu birombe bitagikoreshwa cyane ko ngo iki cyagwiriye aba cyari kitagikoreshwa. Abaturage kandi ngo basabwe gukorana bya hafi n’inzego z’umutekano n’ubuyobozi, batanga amakuru y’abo bazi bajya gucukura amabuye ahatemewe cyangwa se rwihishwa, cyane ahatazwi nko mu birombe bitagikoreshwa.

Innocent Mandera, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayenzi yabwiye intyoza.com kandi ko atari ubwa mbere ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro kigwira abantu. Ko icyo barushaho gukangurira abaturage n’abacukuzi by’umwihariko ari ugukoresha ibirombe bizwi kandi byujuje ibyangombwa, hanyuma kandi buri wese agasabwa kuba ijisho rya mugenzi we ngo kuko ubuzima bw’umwe ari imbaraga z’igihugu zikwiye kubungwabungwa na buri wese.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga