• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/08/25
Kamonyi-Rugalika: Itsinda ry’abakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
20/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
20/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
20/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage

Kamonyi: Kwiyamamaza kwa PL mu Murenge wa Mugina, hagarutswe ku guha agaciro Made in Rwanda

Umwanditsi
August 15, 2018

Ubwo ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa muntu-PL ryiyamamarizaga mu Murenge wa Mugina kuri uyu wa kabiri tariki 14 Kanama 2018, ryashimangiye ko muri gahunda rishyize imbere ni ribona imyanya mu nteko ishinga amategeko rizakomeza gushyira imbaraga muri gahunda yo guha agaciro ibikorerwa mu Rwanda-Made in Rwanda.

Ku I saa kumi zirengaho iminota mike kuri uyu wa kabiri tariki 14 Kanama 2018, Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa muntu-PL ryakoreye bwa mbere muri Kamonyi mu Murenge wa Mugina igikorwa cyo kwiyamamaza, ryereka abarwanashyaka baryo n’abandi, bamwe mu bakandida baryo ryifuza ko bazahagararira abanyarwanda mu nteko ishinga amategeko riramutse ritowe.

Mu kwiyamamaza no kwamamaza abakandida ba PL, ubwo umukuru w’iri shyaka Hon. Donatille Mukabalisa( wari Perezida w’inteko ishinga amategeko icyuye igihe) yavugaga imigabo n’imigambi, yashimangiye ko ni rigirirwa icyizere abakandida baryo bakinjira mu nteko ishinga amategeko mu byo bazakora birimo gukomeza gusigasira ibyiza byagezweho, ko bazanarushaho gushimangira Politiki yo guha agaciro ibikorerwa mu Rwanda-made in Rwanda.

Hon. Donatille Mukabalisa aganira n’itangazamakuru ku Mugina.

 

Yagize ati “ Turashaka gukomeza gushyira imbaraga no kunoza kurushaho ibikorerwa iwacu I Rwanda, ku gira ngo ibyoherezwa mu mahanga byiyongere ibyo tuvanayo bigabanuke.”

Yakomeje ati “ Ariko muzi kugera mu mahanga, ukinjira mu mangazini, ukinjira ahantu, wajya kureba ukabona ikintu cyanditseho ngo made in Rwanda, ngo cyakorewe I Rwanda! Ibyo rero nibyo dushaka kongera, ibituruka ahandi tukabigabanya, kugira ngo tubashe kubona amafaranga menshi, dushobore ndetse no kwihaza mu ngengo y’imari, muzi ko tugeze kuri 66% birenga, turifuza ko tuzagera ku 100% kubera mwebwe, kubera ubufatanye.”

Abarwanashyaka ba PL n’abandi baturage ku Mugina.

Hon Mukabalisa, yanagarutse kandi ku ireme ry’uburezi ishyaka rye rya PL ribona ko ngo ryakagombye kuba kuba risubiza ibibazo abanyarwanda bafite, ubushakashatsi bukiyongera kugira ngo ubuhinzi bukorwe kinyamwuga cyane ko ngo umubare munini w’abanyarwanda ari abahinzi. Ibi nabyo ngo bizanozwa kandi bihabwe umurongo unoze.

Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa muntu-PL( Parti Liberal) kuva igikorwa cyo kwiyamamaza kw’amashyaka n’abakandida bashaka kwinjira mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda cyatangira tariki 13 Kanama 2018 ni ubwambere ryaje n’abakandida baryo kwiyamamariza mu karere ka Kamonyi. Ryageze mu Murenge wa Mugina bavuye mu Karere ka Ruhango. PL-Parti Liberal, ni ishyaka rimaze imyaka isaga 27 rivutse.

Bamwe mubari kurutonde rw’abakandida ba PL beretswe abarwanashyaka n’abaturage.

Amatora y’abadepitse, ateganijwe mu ntangiriro za nzeli 2018 ku matariki ya 2, iya gatatu n’iya 4. PL, yijeje abanyamugina ko ibizakorwa byose bizaba bishingiye kubufatanye kandi bishingiye ku mahame y’Ukwishyira ukizana, yo gushimangira no kunoza ubutabera bubereye buri munyarwanda, amahame agamije kugeza umunyarwanda ku iterambere buri wese yifuza kugeraho.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5847 Posts

Politiki

4098 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1005 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga