• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/12/25
Umuyobozi wa Polisi, IGP, CG Felix Namuhoranye ntiyumva uburyo Akarere gatwara imodoka yahembwe Umurenge
18/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
18/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
18/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo

Kamonyi-Kayenzi: Umuturage yicishijwe icupa

Umwanditsi
August 20, 2018

Umuturage witwa Nkundibiza Innocent wo mu Kagari ka Kayonza, Umurenge wa Kayenzi yishwe akubiswe icupa mu ijoro ryo kuwa gatandatu Tariki 18 Kanama 2018. urupfu rw’uyu nyakwigendera ngo rwaba rwaraturutse ku gushyamirana ( Gucyocyorana) hagati ye n’uwitwa Tugirimana ubwo banywaga inzoga bikarangira Tugirimana amukubise icupa agahita apfa.

Amakuru y’urupfu rw’uyu muturage Nkundibiza Innocent w’imyaka 35 y’amavuko, yemezwa n’umuyobozi w’Umurenge wa kayenzi. Avuga ko uyu Nyakwigendera yishwe na Tugirimana Isaac w’imyaka 21 y’amavuko aho ngo yamwicishije icupa. Uyu ngo yahise atabwa muri yombi ashyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha-RIB i Kayenzi.

Innocent Mandera, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa kayenzi yabwiye intyoza.com ko ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo kuwa gatandatu tariki 18 mu masaha ya saa mbiri zishyira saa tatu.

Nyuma y’iki gikorwa cy’ubwicanyi, Gitifu Mandera avuga ko kuri iki cyumweru tariki 19 Kanama 2018, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kamonyi ari kumwe n’ubuyobozi bw’Umurenge, bagiranye inama n’abaturage mu rwego rwo kubahumuriza no gufata mu mugongo ab’umuryango wa Nkundibiza innocent wishwe.

Akagari kiciwemo uyu muturage Nkundibiza Innocent, ni hamwe mu mezi agera muri atanu ashize havuzwe ko bigeze gutaburura umurambo w’umusaza w’imyaka 70 washyinguwe bakamuca ugutwi.

Dore inkuru ku murambo w’umusaza wataburuwe agacibwa: http://www.intyoza.com/kamonyi-kayenzi-umuntu-yarapfuye-arahambwa-aratabururwa-acibwa-igice-cyumubiri/

Munyaneza theogene / intyoza.com 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5929 Posts

Politiki

4178 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga