• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi-Kayenzi: Umuturage yicishijwe icupa

Umwanditsi
August 20, 2018

Umuturage witwa Nkundibiza Innocent wo mu Kagari ka Kayonza, Umurenge wa Kayenzi yishwe akubiswe icupa mu ijoro ryo kuwa gatandatu Tariki 18 Kanama 2018. urupfu rw’uyu nyakwigendera ngo rwaba rwaraturutse ku gushyamirana ( Gucyocyorana) hagati ye n’uwitwa Tugirimana ubwo banywaga inzoga bikarangira Tugirimana amukubise icupa agahita apfa.

Amakuru y’urupfu rw’uyu muturage Nkundibiza Innocent w’imyaka 35 y’amavuko, yemezwa n’umuyobozi w’Umurenge wa kayenzi. Avuga ko uyu Nyakwigendera yishwe na Tugirimana Isaac w’imyaka 21 y’amavuko aho ngo yamwicishije icupa. Uyu ngo yahise atabwa muri yombi ashyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha-RIB i Kayenzi.

Innocent Mandera, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa kayenzi yabwiye intyoza.com ko ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo kuwa gatandatu tariki 18 mu masaha ya saa mbiri zishyira saa tatu.

Nyuma y’iki gikorwa cy’ubwicanyi, Gitifu Mandera avuga ko kuri iki cyumweru tariki 19 Kanama 2018, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kamonyi ari kumwe n’ubuyobozi bw’Umurenge, bagiranye inama n’abaturage mu rwego rwo kubahumuriza no gufata mu mugongo ab’umuryango wa Nkundibiza innocent wishwe.

Akagari kiciwemo uyu muturage Nkundibiza Innocent, ni hamwe mu mezi agera muri atanu ashize havuzwe ko bigeze gutaburura umurambo w’umusaza w’imyaka 70 washyinguwe bakamuca ugutwi.

Dore inkuru ku murambo w’umusaza wataburuwe agacibwa: http://www.intyoza.com/kamonyi-kayenzi-umuntu-yarapfuye-arahambwa-aratabururwa-acibwa-igice-cyumubiri/

Munyaneza theogene / intyoza.com 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga