• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Umurambo w’Umuntu wabonywe ku nkengero z’Umuhanda wa Kaburimbo

Umwanditsi
August 27, 2018

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 27 Kanama 2018 ku nkengero y’umuhanda wa Kaburimbo ku gice cy’Umurenge wa Rugarika, hafi n’ahazwi nko ku Mugomero habonywe umurambo w’umuntu utahise amenyekana.

Amakuru y’uyu muntu wabonywe yapfuye ku nkengero z’umuhanda wa Kaburimbo ku gice cy’Umurenge wa Rugarika hafi y’ahazwi nko ku Mugomero mu gitondo cy’uyu wa mbere tariki 27 Kanama 2018, yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugarika ubwo yaganiraga n’intyoza.com ku murongo wa Terefone.

Umugiraneza Marthe, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugarika yagize ati ” Habonetse umurambo, ubona w’umusore rwose. Ntabwo twabashije kumenya uwo ariwe, ubona ari nk’umuntu wakuwe kure uko tubikeka.”

Akomeza ati ” Nta rukweto rwe wabonaga, nta mwenda wo hejuru yari yambaye, hasi nabwo yari yambaye agakabutura si ipantaro. Abantu bagiye ku mirimo mu gitondo nibo bamubonye baratabaza, tujyayo dusanga nyine koko byarangiye.”

Gitifu, Umugiraneza Marthe yabwiye intyoza.com ko Polisi yajyanye uyu murambo ku bitaro bya Remera-Rukoma kugira ngo habe hashakishwa uko bene we bamenyekana. Avuga ko uyu musore yari mu kigero cy’imyaka hagati ya 38-40, ubona ko ngo yari nk’umuntu w’umusirimu cyangwa umuntu w’umunyamafaranga urebye uko yari ameze.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga