• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi-Musambira: Gitifu ari mu maboko ya RIB, akurikiranyweho gukubita no gukomeretsa

Umwanditsi
September 1, 2018

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rukambura Alexandre Niyonshima, uherutse gukubita batanu mu baturage ayobora akanabakomeretsa yafashwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha- RIB. Umuvugizi w’uru rwego yemeza amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu Gitifu.

Alexandre Niyonshima, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rukambura, Umurenge wa Musambira nyuma yo gukubita no gukomeretsa batanu mu baturage ayobora, yafashwe n’urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB. Afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Musambira.

Modeste Mbabazi, umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB yemereye intyoza.com ko uyu Gitifu Alexandre Niyonshima afunze, ko ndetse  arimo gukurikiranwa ku byo akekwaho kuba yarakoze. Yagize ati “ Yego yarafashwe, akurikiranyweho gukubita no gukomeretsa.”

Ibyaha byo gukubita no gukomeretsa uyu Gitifu Alexandre Niyonshima akurikiranyweho, ni ibikekwa ko yakoze mu ijoro rya tariki 23 rishyira iya 24 Kanama 2018 ubwo batanu mu baturage ayobora yabakubise ndetse akabakomeretsa kugera ubwo bamwe muribo bajyanywe kwa muganga.

Soma inkuru irambuye hano, abaturage babwira umunyamakuru w’intyoza.com iby’akarengane bagiriwe na Gitifu wabo wumve icyo nyirubwite yavuze ndetse n’abayobozi: http://www.intyoza.com/kamonyi-musambira-abaturage-5-bakubiswe-na-gitifu-bageze-kwa-muganga-bamwe-bahishwa-mu-cyumba-cyabana/

Abaturage bakubiswe ikinyamakuru intyoza.com cyabashije kumenya ndetse bamwe tukabasura bakagira icyo bavuga ku gukubitwa kwabo ni; Ngurinzira Emmanuel wakubiswe akanangirizwa urugi rw’urugo rwe, Nyabyenda Narcisse n’umugore we, Gakwisi hamwe na Twagira Elineste.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga