• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Guverineri yahamije bidasubirwaho kwegura kwa Perezida wa Njyanama n’umwungirije

Umwanditsi
September 11, 2018

Iyegura rya Emmanuel Karuranga ku mwanya wa Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Kamonyi ryatangiye guhwihwiswa kuri uyu wa 11 Nzeli 2018 mu masaha ya mbere ya saa sita. Ntabwo yeguye wenyine kuko na Odette Nyirinyange wari umwungirije bajyanye. Guverineri Mureshyankwano yahamije ukwegura kwabo.

Karuranga Emmanuel, Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi hamwe n’umwungiriza we, Nyirinyange Odette basezeye ku myanya y’Ubuyobozi mu nama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 11 Nzeli 2018.

Mureshyankwano Marie Rose, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo yahamirije intyoza.com ko amakuru y’iyegura rya Karuranga Emmanuel na Nyirinyange Odette bari mu buyobozi bw’Inama Njyanama ari impamo.

Yagize ati “ Nanjye aho numviye ko beguye nabajije, nzakubona ko banditse kuko banyoherereje urwandiko banditse kuko bahaye Kopi Intara, bandikiye Inama Njyanama bavuga ko beguye ku bushake bwabo, Niyo baruwa nabashije kubona.”

Guverineri Murenshyankwano, akomeza avuga ati “ Bivuze rero ngo ibyo abantu bavuze nibyo, cyakora wenda Njyanama ntabwo iraterana ngo yemere ubwegure bwabo, ariko bamaze kwandika nanjye Kopi y’ibaruwa banditse nayibonye nk’Umuyobozi w’Intara.”

Nyirinyange Odette, wari umuyobozi wungirije w’Inama njyanama y’Akarere ka Kamonyi yemereye intyoza.com ko amakuru avuga ko yeguye ari ukuri. Yagize ati “ Ntinya kwiyanduza, nshaka guhagarara mu nshingano zanjye neza, kubera inshingano nyinshi hari igihe ubona bimwe utabihagazemo neza uko bikwiye, niyo mpamvu navuze ngo reka negure n’ubundi muri kamonyi nzatanga umusanzu wanjye wo kubaka igihugu aho ndi hose, mfite inshingano nyinshi.”

Nubwo Karuranga Emmanuel, intyoza.com yagerageje kumuhamagara kenshi ntafate terefone ndetse n’ubutumwa bugufi yohererejwe ntabusubize, ku makuru twamenye ni uko yanditse asezera bagenzi be babanye mu nama Njyanama ndetse no mu ibaruwa yanditse asezera twabashije kubona akaba yagaragaje ko ukwegura kwatewe n’Impamvu bwite.

Izi mpamvu bwite abeguye batangaje, bamwe mu babegereye ndetse b’incuti banaganiriye mbere yo kwegura, bahamya ko atari impamvu bwite zabateye kwegura ngo kuko baganira bababwiye ko hari aho babanje guhamagazwa mu nzego zibakuriye ari naho ngo baba barasabwe ko bandika nubwo ibyo bazize bikigizwe ubwiru. Turacyacukumbura ukuri mpamo kw’amakosa baba barakoze.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga