• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
13/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
13/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
13/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Kamonyi: Perezida wa Njyanama biravugwa ko yamaze kwegura

Umwanditsi
September 11, 2018

Karuranga Emmanuel, Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Kamonyi biravugwa ko yamaze kwegura mu mirimo ye. Biravugwa kandi ko atariwe gusa weguye ko n’umwungurije nawe yeguye.

Amakuru agera ku intyoza.com ni ay’uko Emmanuel Karuranga, Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Kamonyi ndetse n’umwungirije witwa Nyirinyange Odette bamaze gutanga ubwegure bwabo.

Alice Kayitesi, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi ku murongo wa terefone ngendanwa yirinze kwemerera cyangwa ngo ahakanire intyoza.com kwegura k’uyu Perezida wa Njyanama, Karuranga Emmanuel.

Yagize ati ” Nanjye ayo makuru barayambwiye ariko ntabwo ndi ku Karere.”

Ubwo umunyamakuru w’intyoza.com yageragezaga guhamagara Emmanuel Karuranga kuri terefone ye ngendanwa, inshuro enye zose ntabwo yayitabye. Ubutumwa bugufi yohererejwe nabwo ntabwo yabusubije.

Turacyakurikirana iyegura ry’uyu Karuranga Emmanuel mu nama Njyanama y’Akarere ndetse n’abandi bavugwa. Turakurikirana kandi n’icyaba cyabaye intandaro yabo yo kwegura. ” Turacyakurikirana ukuri kuzuye kw’aya makuru.”

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga