• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
16/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
16/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Nyagatare: Hateguwe igiterane, Abanyamadini basabwa ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge

Umwanditsi
October 23, 2018

Kuri uyu wa 21 Ukwakira 2018, mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Tabagwe habereye igiterane cyahuje amatatorero atandukanye kigamije gukangurira abakirisitu kurushaho kugira uruhare mu gukumira ibiyobyabwenge kuko bikomeje kwangiza umuryango nyarwanda.

Ni igiterane kitabiriwe na Musenyeri Alex Birindabagabo uturuka mu itorero ry’abangirikani diyoseze ya Gahini, ari kumwe na Mushabe Claudian, umuyobozi w’akarere ndetse na Senior Superintendent of Police (SSP) Pierre Tebuka uyobora Polisi mu karere ka Nyagatare.

Ni igiterane cyaranzwe n’ubutumwa bukangurira abayobozi b’amatorero atandukanye kurushaho kwegera abayoboke babo binyuze mu nyigisho n’ubutumwa bukangurira abaturage kwirinda ibiyobyabwenge kuko bifite ingaruka k’ubuzima bw’abantu bikanagira uruhare mu bikorwa bihungabanya umutekano.

Musenyeri Birindabagabo yasabye urubyiruko kumva impanuro z’ubuyobozi kuko utumvira ubuyobozi atanumvira Imana.

Yagize ati” Ubuyobozi bushyirwaho n’Imana binyuze mu bantu, birakwiye ko abaturage by’umwihariko urubyiruko mureba kure mugasobanukirwa n’ingaruka z’ibiyobyabwenge maze buri wese akagira uruhare mu guhindura mugenzi we “

Musenyeri Birindabagabo yakomeje agaragaza ko nta terambere rishoboka ku muntu wabaswe n’ibiyobyabwenge kuko roho nziza ikwiye gutura mu mubiri mu zima.

Yagize ati” Roho nzima ntishobora kubangikana n’umubiri uhumanye,nti wabwiriza ubutumwa bwiza ku muntu wagizwe imbata n’ibiyobyabwenge ngo bigire umusaruro bitanga. Hakenewe ubufatanye buhoraho hagati y’abayobozi b’amadini n’inzego z’ibanze kugirango abayobye bagaruke mu murongo Imana yishimira.”

Mushabe Fred, umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare yashimiye ubufatanye bukomeje  kuranga  amadini n’amatorero mu gushyigikira inzego za Leta n’izumutekano mu bikorwa byo kurwanya ibiyobyabwenge bikomeje kwangiza urubyiruko nyarwanda.

Yagize ati” Ibiyobyabwenge ni ikibazo gihangayikishije ubuyobozi kuko bikomeje kwangiza urubyiruko kandi iterambere n’ubuyobozi bw’ejo hazaza biri mu biganza by’urubyiruko, birakwiye ko buri wese agira uruhare mu kubirwanya atanga amakuru y’aho bigaragaye.”

Senior Superintendent of Police (SSP) Pierre Tebuka umuyobozi wa Polisi mu karere ka Nyagatare yagaragaje ko ibiyobyabwenge bikomeje kuba intandaro y’ibyaha bitandukanye bihungabanya umutekano bityo kubirwanya bikaba bikwiye kuba ibya buri wese.

Yagize ati” Hirya no hino mu mirenge igize aka karere hakunze kugaragara ibyaha birimo urugomo, amakimbirane mu miryango, ihohoterwa ndetse no gufata ku ngufu akenshi usanga bifitanye isano n’ibiyobyabwenge ndetse n’ubusinzi bukabije.”

SSP Tebuka asoza yibutsa abaturage ko amategeko yavuguruwe ubu ibihano ku biyobyabwenge bikaba byarakajijwe bityo uwaba agifite umutima wo kwishora mu biyobyabwenge akwiye kubireka.

Yashimiye abaturage bo mu karere ka Nyagatare bamaze kumva ububi bw’ibiyobyabwenge bakaba bagira uruhare mu gutanga amakuru y’aho biri ndetse n’ababicuruza.

Nyuma y’ibi biganiro habayeho igikorwa cyo ku menera mu ruhame inzoga zitemewe zo mu bwoko bwa zebra waragi, African gin, Suzi n’ibindi byose bifite agaciro gasaga 2.300.000 frw z’amafaranga y’u Rwanda byafatiwe mu murenge wa Tabagwe mu gihe cy’amezi abiri ashize.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga