• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Perezida Kagame yamaganiye kure abitukuza(mukorogo) asaba Polisi na Minisante kubihagurukira

Umwanditsi
November 25, 2018

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame kuri iki cyumweru tariki 25 Ugushyingo 2018 yasabye ubuyobozi bwa Polisi y’Igihugu na Minisiteri y’Ubuzima guhagurukira ikibazo cy’abitukuza uruhu.

Mu butumwa bwe, Perezida Paul Kagame yagize ati”Kwitukuza, bifite ingaruka mbi ku buzima, hamwe n’ ibindi birimo no gukoresha ibinyabutabire bitemewe. Minisiteri y’ ubuzima na Polisi y’ u Rwanda bakwiye kubihagurukira mu maguru mashya”.

Ubutumwa bwa Perezida Kagame mu rurimi rw’icyongereza.

Atanga ubu butumwa ndetse akanahamagarira inzego zirimo Polisi na Minisiteri y’ubuzima guhagurukira iki kibazo cy’abitukuza uruhu, Perezida Kagame yasaga n’usubiza ubutumwa bw’uwitwa Kamikazi Fiona Rutagengwa yari yashyize kuri Twitter.

Kamikazi mu butumwa bwe yagize ati” Ntekereza ko Ikigo cy’ ubuziranenge na Minisiteri y’ ubuzima bakwiye gutangira ubukangurambaga bwo kurwanya kwitukuza kuko birimo gufata indi ntera”.

Ubutumwa bwa Kamikazi.

Abatari bake mu babashije kubona ubu butumwa bwa Perezida Kagame, bamushimiye kuba agaragaje aho ahagaze ku kibazo cyo kwitukuza kigaragara nk’ikimaze gufata intera ikomeye. Abamusubije, bagaragaje ko nabo babona ikibazo cyo kwitukuza uruhu kimaze koko gufata indi ntera.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. humura says:
    November 26, 2018 at 7:06 am

    H.E Ibintu yavuze nibyo kuko kwitukuza byica uruhu kubera amavuta bakorersha aba arimo Hydroquinone nkinzego zirebwa niki kibazo kubihagurikira kandi twizeyeko biri bukemuke neza

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga