• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Kamonyi: Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge 12 barahiriye kurangiza ikibazo cy’ubwiherero mbere ya 2018

Umwanditsi
November 28, 2018

Mu nama mpuzabikorwa y’Akarere ka Kamonyi yabereye mu cyumba cy’ishuri ryisumbuye ryitiriwe Mutagatifu Berinadeta kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2018, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge 12 barahiriye imbere ya Guverineri w’Intara y’amajyepfo ko bitarenze tariki 30 Ukuboza 2018 bazaba barangije ikibazo cy’ubwiherero 709 hirya no hino mungo zitabufite ndetse n’ubugera ku 8441 butujuje ibisabwa.

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge 12 igize Akarere ka Kamonyi, bahagaze imbere ya Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, CG Gasana K. Emmanuel n’abandi bayobozi batandukanye barimo intumwa za rubanda bitabiriye inama, buri wese yahawe ijambo akora isezerano ryo kugeza tariki 30 Ukuboza 2018 yarangije ibibazo birebana n’ubwiherero bivugwa aho ayobora.

Mu byagaragajwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi muri iyi nama ku kibazo cy’ubwiherero, hagaragajwe ingo zigera ku 8441 zifite ubwiherero butujuje ibisabwa, hagaragazwa n’ngo 709 zitagira ubwiherero namba.

Buri mu Gitifu yahawe ijambo akavuga amazina ye, ubwiherero afite akanahiga imbere ya Guverineri n’abandi bayobozi ko mbere y’uko uyu mwaka wa 2018 urangira azaba yaburangije. Bose bahurije ku itariki 30 Ukuboza 2018.

Nubwo aba Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge bose bakoze iri sezerano, mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka wa 2018 bari bagiranye isezerano n’uwari Guverineri w’intara y’amajyepfo, Mureshyankwano Marie Rose, bari banihaye igihe cy’iminsi igera muri 15 kuba barangije ibibazo byari ku isonga mu kubangamira abaturage birimo n’iby’ubwiherero.

Guverineri CG Gasana, ubwo yabazwaga n’intyoza.com aho ashingira icyizere kuri ibi yijejwe na ba Gitifu b’Imirenge mu gihe babisezeranije uwo yasimbuye amezi akaba akabakabab10 bitarakozwe, yagize ati” Hari ukwiyemeza kw’abayobozi b’Imirenge bahagurutse bakajya imbere y’abo bayobora, Akarere nako hari amafaranga kazashyiramo, harimo ubushake no gukoresha inzego batakoreshaga, nk’amasibo n’abandi bikorera. Ibyo byose, ubwo  bwitange no kuba natwe tuzabikurikirana, twiyemeje ko tugiye kubikora kugira ngo bizabe birangiye mu gihe cya ngombwa, kandi ibyo birashoboka.

Yaba CG Emmanuel K. Gasana, yaba abayobozi batandukanye bafashe akanya ko kugira icyo bavuga kuri iki kibazo, berekanye ko kugira ubwiherero ari inyungu za buri wese kuko ingaruka zaterwa no kutabugira zigera kuri buri wese.

Iyi nama mpuzabikorwa y’Akarere, iba kabiri mu mwaka ikitabirwa ahanini na ba Perezida ba Njyana z’Utugari n’Imirenge, ba Gitifu b’Utugari n’Imirenge, Perezida wa Njyanama y’Akarere na Nyobozi, Abakuru b’Imidugudu, Inzego z’umutekano n’abandi akarere gashobora gutumira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga