• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/08/25
Kamonyi-Rugalika: Itsinda ry’abakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
22/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
22/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
22/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage

Kamonyi: Gitifu w’Akagari na SEDO batawe muri yombi

Umwanditsi
December 6, 2018

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ngoma na SEDO( Social Economic development Officer)  w’aka Kagari batawe muri yombi kuri uyu wa kane tariki 6 Ukuboza 2018. Ni nyuma yo gukekwaho ikoreshwa nabi ry’amafaranga ya Mituweli z’abaturage.

Kuri uyu wa kane mu masaya ya mbere ya saa sita nibwo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ngoma ndetse na SEDO w’aka Kagari batwawe na Polisi. Bombi, bamaze iminsi bakekwaho kurya amafaranga y’ubwishingizi bw’ubuzima-Mituweli, z’abaturage.

Mbonigaba Emmanuel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga yahamirije intyoza.com ko amakuru y’itabwa muri yombi ry’aba bakozi babiri bo mu Kagari kari mu Murenge we ari impamo. Avuga kandi ko nk’ubuyobozi hari icyo bari bukore mu rwego rwo kurinda abaturage ngo hatagira ubura Serivise akeneye.

Yagize ati” Polisi yatwaye Gitifu w’Akagari ka Ngoma na SEDO wako. Kuba bagiye kubazwa ibyo bakekwaho ntabwo biri butume abaturage b’aka Kagari babura Serivise bakeneye. Turafata umwe mu bakozi b’Umurenge ajye gufatanya na DASSO uhari kugira ngo umuturage atagira serivise abura.”

Aba bombi uko batwawe, bari bamaze igihe bakurikiranwa ndetse bahamagazwa n’inzego zitandukanye mu Karere babazwa iby’amafaranga bivugwa ko asaga ibihumbi 700 y’abaturage yagombaga kwishyurwa Mituweli.

Uretse aba bayobozi babiri bo mu Kagari ka Ngoma ho muri Nyamiyaga, amakuru agera ku intyoza.com ni ay’uko undi muyobozi mu rwego rw’Akagari mu Murenge wa Rukoma wari wahamagajwe ngo abazwe ibyamuvugwagaho ku ikoreshwa nabi ry’amafaranga ya Mituweli z’abaturage yarekuwe.

Ibibazo bya bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi bikekwa ko bariye amafaranga y’abaturage ya Mituweli, bikomeje kuvugwa hirya no hino mu Mirenge kugera n’aho bamwe mu baturage basabye inzego bireba kumanuka zigakora iperereza ryimbitse mu bayobozi bakeka ko batitwaye neza mu mafaranga ya Mituweli z’abaturage.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5847 Posts

Politiki

4098 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1005 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga