• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Nyarugenge: Umuturage yafatanwe  amadorari ya Amerika y’amiganano

Umwanditsi
December 13, 2018

Twahirwa Joseph w’imyaka 43 y’amavuko niwe wafatanwe inoti 7 z’amadorari y’amanyamerika y’amiganano, imwe ikaba yari ihwanye n’amadorari 50.

Twahirwa yafashwe mu ijoro ryo kuri uyu wa 11 Ukuboza 2018, mu murenge wa Muhima agiye kuvunjisha ayo madorari ku bavunjayi I Nyabugogo.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kayigi avuga ko Twahirwa akimara gufatanwa ayo madorari yavuze ko atari aye ko ahubwo yayasanze mu mudoka y’umuntu yari amaze gukora kuko ngo ubundi asanzwe ari umukanishi w’amamodoka.

Yagize ati: “Abavunjayi ba Nyabugogo nibo babonye  ko amadorari afite ari amiganano, bahise bahamagara Polisi iramufata. Avuga ko amadorari  atari aye ko ahubwo  nawe yayakuye mu modoka y’umuntu yari amaze gukora i Nyabugogo.”

CIP Kayigi akomeza avuga ko n’ubwo Twahirwa yavuze ko amadorari atari aye, nta n’ubwo ashobora kugaragaza nyir’imodoka yitwaza ko yayakuyemo.

Ati: “Nta kigaragaza ko ariya madorari yayakuye muri iriya modoka nk’uko abivuga, gusa turashimira bariya bavunjayi kuba bihutiye gutanga amakuru  agafatwa.”

Yasabye abantu bose cyane cyane abakora umurimo wo kuvunja amafaranga kujya babanza bakitondera amafaranga bahabwa kuko muri  iyi minsi hagaragara abantu bafite amafaranga y’amiganano.

Yaboneyeho kwibutsa abaturage ko amafaranga y’amiganano ari kimwe mu bitesha agaciro ifaranga ry’umwimerere, abasaba kujya bihutira gutanga amakuru.

Twahirwa Joseph afashwe nyuma y’undi witwa  Nzabonimana Jean Claude nawe wafashwe mu ntangiriro z’uku kwezi k’Ukuboza,  nawe yafatiwe  i Nyabugogo agiye kuvunjisha amadorali y’Amanyamerika y’amiganano agera ku 1.100$.

Twahirwa, Polisi yahise imushyikiriza urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo akurikiranwe n’amategeko.

Ingingo ya 269 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda iteganya ko umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa nayo, impapuro zifite agaciro k’amafaranga y’igihugu zashyizweho umukono n’inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n’izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi(7).

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga