• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Gicumbi: Babiri bafashwe bakekwaho gutanga ruswa

Umwanditsi
December 29, 2018

Abagabo babiri bafashwe bakekwaho gutanga ruswa ku bapolisi kugirango bafungure umugore w’umwe muri aba bagabo ufungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Byumba, akekwaho gucuruza ibiyobyabwenge kuko yafatanwe udupfunyika 597 tw’urumogi.

Kuri uyu wa 27 Ukuboza 2018, nibwo aba bagabo bombi bafatiwe mu murenge wa Kageyo mu kagari ka Gihembe bashaka gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi 250,000 frw.

Chief Inspector of Police (CIP) Alex Rugigana avuga ko nyuma yo gufatana umugore w’umwe muri aba bagabo urumogi bahise bategura gutanga ruswa ku girango afungurwe.

Yagize ati “Umugabo w’uriya mu gore wafatanwe urumogi yahamagaye umupolisi ukorera kuri sitasiyo ya Byumba amubwira ko ashaka kuza kumureba bakaganira kucyibazo cy’umugore we”

Akomeza avuga ko aho kugirango abe ariwe uza yahisemo gutuma umuntu akamuha amafaranga 250,000frw ngo abihe uyu mupolisi nawe amufashe umugorewe afungurwe.

Yagize ati “Uyu waje azanye ruswa yahise afatwa hahita hatangira ibikorwa byo gushakisha uwamutumye biza kurangira nawe afashwe ubu bakaba bari gukurikiranwa n’ubugenzacyaha”

CIP Rugigana yagiriye inama abaturage kwirinda ibyaha aho kumva ko bazatanga ruswa kugirango bakorerwe ibinyuranyije n’amategeko.

Yagize ati “ Igikwiye n’uko abantu bakwirinda ibyaha bakanubahiriza amategeko. Ni ngombwa ko buri wese yumva ko ruswa ifite ingaruka ku buzima bw’igihugu haba mu miyoborere myiza, kwimakaza itonesha n’akarengane ndetse no kumunga ubukungu bw’igihugu, Polisi yarahagurukiye kurwanya buri wese ufitanye isano n’ibikorwa byo gutanga cyangwa kwakira ruswa.”

CIP Rugigana asoza asaba abaturage kurushaho gufatanya n’inzego zitandukanye kurwanya ruswa binyuze mu gutanga amakuru aho igaragaye.

Itegeko rihana ruswa mungingo yaryo ya 4 riteganya ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa wemera amasezerano yabyo kugira ngo akore cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze cyangwa yifashishije imirimo ye kugira ngo gikorwe cyangwa kidakorwa aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga