• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/07/26
Gacurabwenge: Abagize Umubano Family bizihije Ukwibohora 32 bagabira Uwarokotse Jenoside
07/07/26
Kamonyi: Hemejwe asaga Miliyari 40 y’Ingengo y’Imari y’Umwaka wa 2026-2027
07/07/26
Nyanza: Polisi y’u Rwanda yibukije abanyerondo uruhare rwabo mu gukumira ibyaha
07/07/26
Kamonyi: Barasaba gusobanurirwa uko ibikorwaremezo bitoranywa(Priorities) mu ngengo y’imari

Irahira rya Perezida Tshisekedi ntirikibereye igihe cyari cyateganijwe

Umwanditsi
January 15, 2019

Mu gihe irahira ry’umukuru w’Igihugu cya Kongo Kinshasa watowe ryari riteganijwe kuba tariki 18 Mutarama 2019, Komisiyo y’amatora yigenga-CENI muri iki gihugu yatangaje ko irahira ry’umukuru w’Igihugu ari tariki 22 Mutarama 2019.

Umuhango wo kurahira k’umukuru w’Igihugu watowe muri Kongo Kinshasa n’ubwo atari yemezwa burundu, uteganijwe tariki 22 Mutarama 2019 aho ku ngengabihe isanzwe wari kuba kuwa 18 Mutarama 2019.

Imwe mu mpamvu Komisiyo y’Igihugu y’amatora yigenga-CENI muri Kongo Kinshasa yatangaje nk’imbogamizi yatumye uyu muhango w’irahira wimurwa nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ibitangaza, ngo ni uko ibyavuye mu matora bigomba kubanza gutangazwa mu buryo bwa burundu n’urukiko rushinzwe kurinda iremezo ry’itegeko nshinga rw’iki gihugu( Cour Constitutionnelle).

Uretse amatora y’umukuru w’Igihugu yabaye agatsindwa ku buryo bw’agateganyo na Felix Tshisekedi wagize amajwi 38,57%, muri iki gihugu mu bice bitandukanye hanabaye amatora y’intumwa za rubanda aho abatowe n’abaturage batangajwe tariki 12 Mutarama 2019.

Itariki y’irahira ry’umukuru w’Igihugu cya Kongo Kinshasa ishobora kongera guhinduka igashyirwa tariki 23 Mutarama 2019 mu gihe ku byatangajwe mu majwi y’intumwa za rubanda haba hagize ujuririra nk’uko CENI ibitangaza.

Amatora y’umukuru w’Igihugu cya Kongo Kinshasa yabaye tariki 30 Ukuboza 2018, mu majwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora yatangejwe tariki 10 Mutarama 2019, Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo niwe wagize amajwi amushyira ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu by’agateganyo n’amajwi 38,57%.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5991 Posts

Politiki

4238 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1061 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

160 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga