• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/07/26
Gacurabwenge: Abagize Umubano Family bizihije Ukwibohora 32 bagabira Uwarokotse Jenoside
07/07/26
Kamonyi: Hemejwe asaga Miliyari 40 y’Ingengo y’Imari y’Umwaka wa 2026-2027
07/07/26
Nyanza: Polisi y’u Rwanda yibukije abanyerondo uruhare rwabo mu gukumira ibyaha
07/07/26
Kamonyi: Barasaba gusobanurirwa uko ibikorwaremezo bitoranywa(Priorities) mu ngengo y’imari

Laurent Gbagbo wahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire yagizwe umwere nyuma y’imyaka 8 afunzwe

Umwanditsi
January 15, 2019

Ubucamanza bw’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha-CPI, kuri uyu wa 16 Mutarama 2019 bwategetse ko Gbagbo wahoze ayoboye Igihugu cya Côte d’Ivoire arekurwa kuko ubushinjacyaha bwananiwe kugaragaza ibimenyetso. Iki cyemezo cyo kumurekura, kije nyuma y’imyaka umunani afunze.

Cuno Tarfusser, umucamanza mukuru mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha-CPI, niwe wategetse ko Laurent Gbagbo wahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire arekurwa, ndetse akarekuranwa na Charles Blé Goudé bari bafunganywe.

Irekurwa rya Gbagbo na Goudé, ryategetswe nyuma y’aho ubucamanze butangarije ko ubushinjacyaha bwananiwe kugaragaza ibimenyetso byatuma aba bombi bakomeza gufungwa.

Intandaro y’ifatwa n’ifungwa rya Laurent Gbagbo ni ibibazo by’imyiryane n’akaduruvayo kakurikiye amatora yabaye mu mwaka wa 2010-2011, aho abantu bagera mu 3000 bishwe. Iki gihe, Gbagbo yanze kwemera ko yatsinzwe na Alassane Ouattara, akomeza kugundira ubutegetsi kugeza afashwe n’ingabo zamurwanyaga mu kwa kane kwa 2011.

Abantu bagera ku 3000 bishwe nyuma y’imvururu zakurikiye amatora ubwo Gbagbo yangaga kurekura ubutegetsi, bashinjwa ingabo za Gbagbo. Uyu wahoze ari Perezida kandi mu byaha yari akurikiranyweho birimo; ibyaha byibasiye inyoko muntu, Gufata ku ngufu, ibyaha by’intambara n’ubwicanyi bushinjwa ingabo yitiriwe.

Nyuma y’icyemezo cy’umucamanza cyo kurekura Laurent Gbagbo ndetse na Charles  Goudé, abahagarariye imiryango y’abishwe bagiye mu mihanda bamagana iki cyamezo bavuga ko uru rukiko rwafashe icyemezo kidakwiye, kigaragaza ko rutahaye agaciro abishwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5991 Posts

Politiki

4238 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1061 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

160 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga