• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Ukuri ku mpanuka yakomerekeyemo abagera kuri 12 ahitwa Mugomero

Umwanditsi
January 17, 2019

Ahagana ku isaa kumi z’iki gicamunsi cy’uyu wa kane tariki 17 Mutarama 2019, ku muhanda wa kaburimbo mu gice cy’Akagari ka Sheri, Umudugudu wa Kagangayire ahazwi nko ku gasoko k’imboga ka Mugomero, imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya Kompanyi itwara abagenzi ya Horizon yagonganye n’ikamyo abantu 12 barakomereka barimo 4 bakomeretse bikomeye.

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya Kampuni itwara abagenzi ya Horizon ifite ibiyoranga Puraki RAC 792Q, yahagurutse I kigari 15h30 yerekeza Muhanga, yagonganye n’ikamyo ifite Puraki GR 608 C ya RAB( ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi) yavaga Muhanga yikoreye imboga z’umushoramari yerekeza Kigali. Abantu 12 bahize bakomereka barimo 4 bakomeretse bikomeye.

Ubwo umunyamakuru w’intyoza.com yageraga ahabereye iyi mpanuka, ababonye iba bahamya ko ikamyo ariyo yagenze mu muhanda nabi, ubwo umushoferi wari uyitwaye yari mu ikorosi asatira Mugomero agashaka kudepansa( guca ku modoka zari imbere yayo), agahita acakirana na Kwasiteri yarimo abagenzi iva Kigali.

Abagenzi 12 bahise bakomerekera muri iyi mpanuka, bane muri bo bakomeretse bikomeye barimo n’abashoferi, bajyanwa mu bitaro bikuru bya Kaminuza y’u Rwanda bya Kigali-CHUK nk’uko SSP Ndushabandi, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ishami ryo mu muhanda yabitangarije intyoza.com.

Abandi bakomeretse, imodoka z’ubutabazi zaberekeje mu bitaro bya Rukoma ariko babanza kunyuzwa mu kigo nderabuzima cya Kamonyi kiri mu murenge wa Gacurabwenge kugira ngo bafashwe.

Umuhanda wa Kigari Muhanga, ni umwe mu mihanda ikunda kuberamo impanuka nyinshi mu gihugu ndetse zigahitana ubuzima bw’abantu, zigasigira abandi ubumuga ndetse zikangiza n’ibyabo nk’uko icyegeranyo giheruka cy’umwaka wa 2018 cyashyizwe ahagaragara na Polisi y’u Rwanda cyabigaragaje.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga