• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Centre Africa: Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bakiriwe

Umwanditsi
January 24, 2019

Abapolisi b’u Rwanda 140 baherutse kujya mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Centre Africa kuri uyu wa 22 Mutarama 2019 bahawe ikaze muri iki gihugu. Bagiye tariki 17 Mutarama 2019, bayobowe na Chief Superintendent of Police (CSP) Emmanuel Kabanda.

Colonel Philippe Gracia, ni umuyobozi w’agateganyo ushinzwe intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri  mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu (MINUSCA), ubwo yakiraga abapolisi b’u Rwanda yabasabye kuzagera mu kirenge cya bagenzi babo baje gusimbura kuko bitwaye neza cyane.

Yabasabye kuzakora nk’ikipe bakirinda kujya mu ngeso mbi zabahesha isura mbi ndetse bikayihesha n’igihugu cyabohereje.

Yagize ati“ Bagenzi banyu muje gusimbura bitwaye neza  bihebuje, muzakore nkabo.”

Yakomeje abahishurira ko baje mu gihugu kirimo imitwe itandukanye y’inyeshyamba kandi ifite intwaro, Abasaba kuzarangwa n’ikinyabupfura, ubushishozi n’ubunyangamugayo.

Colonel Gracia yabwiye abapolisi b’u Rwanda ko ubutumwa bajemo bazahuriramo n’abandi bapolisi bo mu bindi bihugu badahuje imico n’imyitwarire, abasaba kuzakomera ku ndangagaciro zisanzwe zibaranga”

Yagize ati “Bagenzi banyu ntibigeze bagaragara mu bikorwa bibi namwe muzabyirinde. Mugiye gukorana n’abapolisi baturutse mu bihugu bitandukanye banafite imico itandukanye, muzakorane neza akazi muharanira kugarura amahoro n’umutekano muri Repubulika ya Centre Africa.”

CSP Emmanuel Kabanda uyoboye uyu mutwe w’abapolisi b’u Rwanda yashimiye ubuyobozi bwa MINUSCA uburyo babakiriye neza avuga ko yizeye adashidikanya ko uko MINUSCA yafashije bagenzi babo baje gusimbura ari nako nabo bazakorana neza.

Iri tsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bw’amahoro muri Centre Africa bazakorera mu murwa mukuru w’iki gihugu Bangui, bakazaba bashinzwe kurinda abayobozi bakuru b’igihugu ndetse n’intumwa z’umuryango w’abibumbye.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga