• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Rutsiro: Abanyeshuri 1021 basabwe kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Umwanditsi
January 25, 2019

Kuri uyu wa 23 Mutarama 2019, Polisi y’u  Rwanda ikorera mu Karere ka Rutsiko mu murenge wa Manihira yaganirije  abanyeshuri 1021 barererwa mu mashuri ya GS Kabeza na EP Manihira uko bagira uruhare mu gukumira ibyaha mu mashuri.

Mubyo aba banyeshuri basabwe kwirinda harimo ikibazo cy’ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’inda ziterwa abana bityo bikagira ingaruka ku myigire yabo.

Assistant Inspector of Police (AIP) Jean Bosco Mugenzi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage hagamijwe gukumira ibyaha mu karere ka Rutsiro yabwiye aba banyeshuri ko bagomba guharanira kugira imbere heza birinda ababashuka bakabashora mu ngeso mbi zirimo ibiyobyabwenge n’ubusambanyi.

Yagize ati “kwiga ni umurage ukomeye igihugu cyaduhaye ariko ni twumva abadushuka batuganisha mungeso mbi amahirwe yose dufite tuzayatakaza dutangire kubaho mu buzima bugoranye kandi twari dufite uburyo bwo kwirinda izo ngeso zitari nziza”

Akomeza avuga ko nk’urubyiruko bagomba kwirinda abantu babashora mu biyobyabwenge aribyo ntandaro y’ihohoterwa rikorerwa abana bikabaviramo guterwa inda, bigatuma bamwe bahita bacikiriza amashuri yabo abandi kubera kuzahazwa n’ibiyobyabwenge bigatuma kwiga bibananira bakishora mu muhanda.

AIP Mugenzi asoza asaba uru rubyiruko rw’abanyeshuri gutanga amakuru ku babashuka bababwira ko bashobora kubajyana hanze y’igihugu bakababonerayo akazi ndetse n’amashuri meza kuko ataribyo ahubwo baba bagamije kubashora mu bikorwa by’ubucakara.

Umuyobozi w’umurenge wa Manihira yasabye abarimu kurushaho kwegera abanyeshuri bityo nyuma y’amasomo asanzwe bakajya banaganirizwa ku ngaruka ibiyobyabwenge bigira ku buzima bw’abantu.Yasabye aba banyeshuri kwirinda ababashukisha ibintu bitandukanye bagamije ku bashora mu busabanyi abasaba gushyira umwete mu masomo.

Nyuma y’ibi biganiro abanyeshuri basomewe itegeko rishya rihana umuntu wese ukoresha ibiyobyabwenge maze bagaragariza ubuyobozi ko batari bazi ububi bwabyo, bityo basezeranya Polisi kuba abafatanyabikorwa bayo mu gukumira ibyaha binyuze mu mahuriro arwanya ibyaha akorera mu mashuri yabo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga