• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi/Nyarubaka: Umugabo yatemaguye uwo yasanze amusambanyiriza umugore

Umwanditsi
February 10, 2019

Umugabo ukora akazi ko gucunga umutekano w’ijoro ku isoko rya musambira ariko akaba atuye mu Mudugudu wa kavumu, Akagari ka Ruyanza, Umurenge wa Nyarubaka, yatemaguye n’umupanga uwo ashinja kumusambanyiriza umugore mu ijoro ryo kuwa 9 Gashyantare 2019 ahagaha ku I saa sita zishyira I saa saba.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyarubaka bwahamirije intyoza.com ko aya makuru ari impamo. Ko uyu mugabo watemwe mu mutwe hakoreshejwe umupanga yasanzwe mu rugo rw’uwamutemye amusambanyiriza umugore mu masaha y’ijoro kuko ngo bari bazi ko yagiye mu kazi (bose twirinze gutagaza amazina yabo).

Intandaro ya byose ngo ni uko uyu mugore n’uwo bamufatanye bahuriye I Musambira basanzwe baziranye hanyuma bajya gusangira inzoga, bwije kubera ko umugore yari aziko umugabo aba ari mu kazi atahana n’uyu mugabo bari basangiye ( ubusanzwe uyu mugabo aba I Muhanga).

Mu kujya muri gahunda zabo nk’abantu bakuru bihaga akabyizi, batunguwe n’uko nyiri urugo abaguye gitumo niko gufata umupanga ahangana n’umugabo asanze mu rugo iwe, aramutemagura undi arwana no gukiza amagara ye ahunga.

Uyu mugabo watemwe ubwo yahungaga ngo yageze mu Murenge wa Musambira ahitwa mucya kabiri muri iryo joro ahura n’irondo riramufata rimubaza icyo yabaye kuko ryabonaga avirirana amaraso, aribeshya ko avuye ahitwa Nyagishubi agahurira n’abagizi ba nabi ku kayumbu baramutemagura.

Kuko yageze aho irondo riri afite intege nke, ryaramutsindagije rimugeza kwa Muganga I Musambira muri iryo joro, yitabwaho ariko baza kubona ko bibarenze bamwohereza ku bitaro bya Remera Rukoma nk’uko ubuyobozi bwabitangarije intyoza.com

Bucyeye( kuwa gatandatu), ubuyobozi bw’Akagari ka Ruyanza hari umuturage wabuhuruje abubwira ko anyuze ahantu mu rugo akahasanga amaraso, ko kandi nyiri urugo yarimo yigamba ibyo yaraye akoze maze ubuyobozi niko guhita butabara. Bugeze muri uru rugo, uyu mugabo yabanje kwanga kuvugisha ukuri ndetse n’umugore wari ugihari yanga kwivamo ahubwo akavuga ko uwatemwe yari umujura, nibwo hitabajwe inzego z’umutekano zihageze ukuri kose bagushyira hasi.

Etienne Mugambira, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarubaka yabwiye intyoza.com ko uwatemwe akiri kwa muganga mu gihe uyu mugabo ndetse n’umugore we bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya musambira aho bashyikirijwe urwego ubugenzacyaha(RIB).

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Matengo says:
    February 11, 2019 at 1:02 pm

    Mbega inkuru yanyu!! Ubu se koko mutangaza inkuru imeze itya mugamije iki koko? hahhhhh

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga