• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
25/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
25/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
25/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
25/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET

Kamonyi: Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryahagurukije ubuyobozi

Umwanditsi
February 14, 2019

Akarere ka kamonyi kuri uyu wa 13 Gashyantare 2019 kateguye igikorwa cy’ubukangurambaga bugamije kwamagana no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’irikorerwa mu muryango muri rusange. Igikorwa cyabereye mu Murenge wa Musambira kitabirwa n’abayobozi b’inzego zitandukanye mu karere no hirya no hino.

Muri iki gikorwa cy’ubukangurambaga bwo kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa mungo muri rusange, ubuyobozi bw’Akarere ka kamonyi bwagaragaje ko mu mwaka ushize wa 2018 abana 337 bari munsi y’imyaka 18 batewe inda, mu gihe 39 bafite imyaka y’ubukure basambanijwe ku ngufu mu mezi 6 ashize.

Alice Kayitesi, umuyobozi w’Akarere ka kamonyi yatangaje ko mu bana b’abakobwa bari munsi y’imyaka 18 batewe inda ngo harimo n’abazitewe n’abo bafitanye amasano ya bugufi mu miryango. Avuga kandi ko mu bakurikiranywe kuri ibi byaha, abantu 40 aribo bamaze guhanwa n’amategeko, mu gihe hari n’abagikurikiranwa.

Kayitesi, avuga ko nubwo hari abakora ihohoterwa bamenyekana ariko ngo haracyari ibibazo bikomeye bituma amakuru atamenyekana bityo kurwanya no gukumira ibi byaha no guhana ababikoze bikagorana.

Agira ati” Haracyari ikibazo gikomeye cy’uko aba bana bafunguka bakaduha amakuru, bakatubwira ngo uwamuteye inda ni uyu ng’uyu. Iyo atavuze uwamuteye inda n’ubundi dukomeza ku mugumana, umukomokaho nawe ubwo ihohoterwa riba ryatangiye kuko ntashobora kubona umubyeyi. Turizera ko ubu bukangurambaga buzatugeza aho tubona amakuru nyayo abakoze ihohoterwa bose bagakurikiranwa n’amategeko.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka kamonyi buvuga ko iki gikorwa cy’ubukangurambaga atari igikozwe rimwe gusa, ngo ni ikizakomeza ndetse kigakomereza mu miryango kuko ngo abakora ubu bukangurambaga babana n’abaturage umunsi ku munsi.

Uretse aba bakora ubukangurambaga mu buryo bwihariye ku bijyanye n’ihohoterwa, ubuyobozi bw’akarere buvuga ko hari n’izindi gahunda za Leta zisanzwe zikorwa zijyanye no kurwanya ihohoterwa by’umwihariko ngo binyuze muri gahunda y’umugoroba w’ababyeyi, mu nteko z’abaturage n’inama ubuyobozi bugirana n’abaturage aho ngo kurwanya ihohoterwa bihabwa umwanya ukomeye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5897 Posts

Politiki

4148 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga