• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Guverineri w’intara y’amajyepfo arimurira ibiro mu karere ka nyamagabe mu ntangiriro za Werurwe

Umwanditsi
February 27, 2019

Emmanuel K. Gasana guverineri w’intara y’amajyepfo mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa 27 Gashyantare 2019, yavuze ko taliki ya 2 Werurwe 2019 azimurira ibiro mu karere ka Nyamagabe mu rwego rwo gufatanya n’inzego zihari gukemura ibibazo by’ingutu bibangamiye abaturage.

Kwimurira ibiro by’intara byari bisanzwe mu karere ka Nyanza bikajyanwa mu karere ka nyamagabe, bije nyuma y’umunsi umwe gusa Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuye muri aka karere ka Nyamagabe kuganira n’abaturage.

Guverineri, yabwiye itangazamakuru ko icyemezo cyo kwimuka yagitewe no kuba muri aka karere ka Nyamagabe hariyo ibibazo bisaba ko abikurikirana kandi agafatanya n’inzego zihari kubikemura ahibereye.

Iki gikorwa ngo kiri mu buryo bw’igihe gito kizafata hagati y’amezi 4-6 ariko ibiro byo muri rusange bizakomeza kuba I Nyanza nubwo ngo Guverineri azagira bamwe mu bakozi bajyana. Gusa nanone ngo ntabwo bizamubuza kujya agera n’ahandi ariko aho kwitabwaho cyane hakaba I Nyamagabe.

Bimwe mu bibazo by’ingutu bihagurukije Guverineri Gasana ngo ni ibyasizwe n’ubuyobozi bw’ibanze bubi aho bwagiye bwita ku nyungu bwite za bamwe aho kureba ku nyungu rusanjye z’igihugu n’abaturage.

Guverineri Gasana kandi avuga ko mu gihe cy’amezi asaga ane amaze ahawe kuyobora intara y’amajyepfo amaze kugera muturere twose uko ari 8 tugize iyi ntara, ko na nyuma yo gukemura ibibazo by’I Nyamagabe ngo n’ahandi hose hazaba hagaragara ibibazo atazicara mu biro by’intara, ahubwo azamanuka akajya aho ibibazo biri akahava ari uko bibonewe ibisubizo ngo kuko nicyo yatumwe.

Guverineri Emmanuel K. Gasana yabwiye itangazamakuru ko mu gukemura ibibazo ndetse n’ibindi bikorwa by’akazi kajyanye n’inshingano yahawe ntawe ukwiye ku mushima, ngo kuko uwo gushimwa ari Perezida wa Repubulika ahagarariye. Avuga kandi ko mu rwego rwo kugera ku iterambere rirambye kandi ryihuse ry’iyi ntara arimo kugirana ubufatanye bwimbitse n’abikorera hamwe n’imiryango yigenga( NGOs).

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga