• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/08/25
Kamonyi: Barashimira Perezida Kagame wabasubije Ubuzima akabaha izina rishya”INTWAZA”
26/08/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Kwesa Imihigo 98 n’indi yihariye byabaheshe guhiga indi mirenge y’Akarere
26/08/25
Kamonyi-Rugalika: Itsinda ry’abakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
26/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma

Abanyenyanza mu nzira zo kugarurirwa ikipe yabo 

Umwanditsi
March 1, 2019

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza butangaza ko mu gihe kitarambiranye abaturage b’aka karere bagiye kugarurirwa ikipe yabo y’umupira w’amaguru, Nyanza FC bahoranye. Byatangajwe na Mayor Ntazinda Erasme mu kiganiro cyari cyahuje intara n’abanyamakuru kuwa 27 Gashyantare 2019.

Ntazinda Erasme, umuyobozi w’Akarere ka Nyanza ubwo Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, CG Emmanuel K. Gasana yamusabaga kugira icyo avuga ku kibazo cyo kugarurira abaturage ikipe ya Nyanza FC bifuza, yavuze ko bari mu nzira nziza zo kugarura iyi kipe ikongera kubaho ngo kuko mbere itagira ibyangombwa biyemerera kubaho.

Yagize ati” Ikipe ya Nyanza FC twayisabye ko yongera kubaho kubera ko ni ugusaba muri FERWAFA( Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda), ariko biza kugaragara bigiye kurangira ko bagiye kuyemera ko yari yarabayeho idafite ibyangombwa biyemerera kubaho.”

Akomeza ati” Ubu rero biri muri RGB kugira ngo noneho FERWAFA iyihe uburenganzira bwo kubaho. Ni ibintu biri ku ntera yanyuma kugira ngo ikipe yongere igaruke, Nyanza FC yongere ibeho.”

Ntazinda Erasme, umuyobozi w’Akarere ka Nyanza yanaboneyeho umwanya wo kumara impungenge abanyenyanza n’abandi bafite amakuru avuga ko atariyo y’uko Sitade ya Nyanza yaba yarashyizwe mu maboko ya ILPD( ishuri ryigisha ndetse rikanateza imbere amategeko), avuga ko ibi bitigeze bibaho, ko ikibuga (Sitade) ikiri mu maboko y’Akarere ndetse gateganya kuyagura.

Munyaneza Theogene / intyoza.com 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5849 Posts

Politiki

4100 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1006 Posts

Imyidagaduro

81 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga