• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Polisi yagaragaje abantu 8 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge mu mujyi wa Kigali

Umwanditsi
March 6, 2019

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 4 Werurwe 2019, kuri station ya Polisi ya Gikondo mu karere ka Kicukiro Polisi yeretse itangazamakuru abantu bagera ku 8 bacuruzaga bakanakwirakwiza urumogi mu mujyi wa Kigali n’ahandi hatandukanye.

Polisi yatangaje ko aba bose bafatanwe ibiro bitandukanye mu mujyi wa Kigali n’ahandi hatandukanye mu cyumweru dusoje.

Ikishaka Cyprien umwe mubafashwe, yabwiye itangazamakuru ko yari afite abantu batandukanye bafatanyaga kubicuruza no kubikwirakwiza.

Ikishaka yafatiwe mu murenge wa Nemba mu karere ka Gakenke afite ibiro birenga 10 by’urumogi.

Yongeyeho ko yafashwe arushyiriye umwe mu bakiriya be yari asanzwe aruha witwa Nzabandora Claude nawe waje gufatirwa mu karere ka Bugesera ari naho atuye afite ibiro birenga bine (4kgs) by’urumogi.

Yagize ati “ Iyi yari inshuro ya kabiri Nzabandora ndumushyira ndetse n’abandi babiri nabo bafashwe mu gihe gishize. Uruhare rwanjye rwari urwo guhuza ababicuruza n’abaguzi, kuri ibi biro(10kgs) nari mushyiriye akaba yari kunyishyura ibihumbi 240,000frw.”

Nzabandora avuga ko yatangiye ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge mu mwaka wa 2012 ariko ko yari yarabiretse kubera igihombo yagize cy’amafaranga, yongeye kubyubura mu byumweru bibiri bishize.

Yagize ati “ Numvaga ko mu gihe cy’amezi ane(4) ngomba kuba mfite miliyoni 2 frw, dore ko mu minsi mike ishize nari maze kugurisha udupfunyika tw’urumogi ijana (100) nka kuramo agera ku bihumbi 60,000frw.”

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi yavuze ko abo bose bagiye bafatwa n’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya abacuruza bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge mu gihugu.

Yagize ati “Hari uruhererekane rw’ababicuruza kuko byambukiranya imipaka, ariko Polisi yiyemeje guca urwo ruhererekane rw’ababicuruza bakanabikwirakwiza imbere mu gihugu.”

CIP Umutesi yashimiye buri wese wagize uruhare mu gutanga amakuru yatumye abo bantu bafatwa.

Yagize ati “ Abantu bose bagenda bafatirwa mu ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge biterwa n’amakuru aba yagiye atangwa n’abaturage ndetse n’izindi nzego zitandukanye, turashimira rero uruhare rwa buri wese mu kubikumira tunasaba n’abandi ko buri wese yabigira ibye kuko ingaruka mbi zabyo zigera kuri benshi.”

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo yaryo ya 263 riteganya ko  umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi (7) kugeza ku gifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga