• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abapolisi 160 bari mu butumwa bw’amahoro muri Soudan y’Epfo bambitswe imidari y’ishimwe

Umwanditsi
March 15, 2019

Kuri uyu wa kane tariki 14 Werurwe 2019, abapolisi b’u Rwanda bagera ku 160 barimo ab’igitsina gore 18 bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro (UNMISS) mu gihugu cya Soudan y’Epfo bambitswe imidari y’ishimwe kubera ubunyamwuga mu kazi kabo.

Iyi midairi yambitswe abapolisi bagize ikiciro cya kabiri cyo kubungabunga amahoro muri kiriya gihugu; ni ukuvuga Rwanda Formed Police Unit-Two (RWAFPU2).

Ni igikorwa cyabereye mu mujyi w’iki gihugu, ari wo Juba, hasanzwe hari icyicaro gikuru cy’ubwo butumwa bw’amahoro, kiyoborwa n’umuyobozi mukuru ushinzwe abakozi mu butumwa bwo kubungabunga amahoro Paul Egunsola mu izina ry’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye Antonio Gutteres.

Iki gikorwa kandi cyo kwambika abapolisi b’u Rwanda imidari cyanitabiriwe n’uhagarariye ubutumwa bwo kubungabunga amahoro (UNMISS) ku ruhande rw’ingabo Lt Gen. Mushyo Kamanzi n’uyihagarariye ku ruhande rwa Polisi Unaisi Lutu Vuniwaqa n’abandi banyacyubahiro batandukanye.

Mu ijambo rye uwari uhagarariye umunyabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye, Paul Egunsola yashimiye abapolisi b’u Rwanda ubuyo bitwara neza mu kazi kabo bakora ko kugarura amahoro muri kiriya gihugu cya Soudan y’Epfo, imbaraga bakoresha, ubwitange n’uburyo babikora kinyamwuga.

Yagize ati:” Uyu ni umwanya mwiza wo kubashimira ku bikorwa by’indashyikirwa mukora mwambikwa imidari n’umuryango w’abibumbye(UN), ndashimira kandi leta y’u Rwanda yo idahwema gushyigikira ibikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi hose”.

Yongeyeho ati:” Ndabashimira ko mukora akazi kanyu mu shinzwe neza kinyamwuga haba mu guhosha imyigaragambyo; gucunga umutekano w’abayobozi, gufasha abaturage mu mirimo itandukanye, gukora uburinzi n’ibindi bitandukanye.”

Ukuriye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro, Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Karasi yavuze ko kubigeraho bitoroshye hatabayeho gufatanya no gukorera hamwe n’abandi.

Yagize ati:” Turashimira ubuyobozi bukuru bw’umuryango w’abibumbye n’abandi bafanyabikorwa bose b’uyu muryango badufasha gukora imirimo dushinzwe neza”.

Ati:” Mboneyeho gushimira aba bapolisi bose bambitswe imidari ku kazi keza bakora bagashyizemo imbaraga, umutima nama, ubwitange, ubupfura n’ibindi.  Ibi n’ibyerekana ko aho wabatuma hose ku isi bagenda kandi bagakora kinyamwuga.”

ACP Karasi yasoje ashimira umuryango w’abibumbye, Polisi y’u Rwanda n’ubuyobozi bw’igihugu muri rusange ku nama nziza badahwema kubagira zo kurangwa n’umurimo unoze no gukora kinyamwuga bityo bagahesha ishema igihugu cya batumye.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga