• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Komiseri Dusabeyezu asanga umugororwa witegura gutaha adakwiye gutegurwa wenyine

Umwanditsi
March 19, 2019

Tasiyana Dusabeyezu, Komiseri muri Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge avuga ko mu gihe hategurwa umugororwa ugiye gusubira mu muryango, hakwiye no kuzirikanwa abo agiye gusanga nabo bagategurwa. Kutabikora gutya ngo hari ibyangirika.

Komiseri Dusabeyezu, ushinzwe by’umwihariko ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge mu turere twa Kamonyi, Muhanga na Ruhango, aherutse gutangariza itangazamakuru ko gutegura gusa umugororwa ugiye gutaha bidahagije mu gihe abo asanga badateguye.

Ibi, Komiseri Dusabeyezu yabitangaje tariki 13 Werurwe 2019 mu mwiherero w’iminsi 2 waberaga mu Karere ka kamonyi ugahuza abagize ihuriro ry’ubumwe n’ubwiyunge muri aka karere.

Yagize ati” Nibyo rwose, n’imiryango basanga bagomba kuyitegura kuko hashize igihe kinini abo bantu batabonana, badahura. Gahunda zarahindutse, imikorere yarahindutse, imyumvire yarahindutse, iyo uteguye rero uruhande rumwe ntutegure abo basanga usanga babandi batahutse aho kugira ngo bisange mu miryango yabo, bisange mu bavandimwe babo bagira ikintu cyo kwiheza”.

Agira kandi ati “ Habura ikintu cyo kwisanzura, habura ikintu cy’ubufatanye, kuko ba bandi( abo basanze) bahora bababona nk’abanyabyaha, nk’abajenosideri( abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994), nabo bakavuga ngo abo dusanze nabo nti badukunda, nti badushaka, ariko iyo wigishije habamo ikintu cyo kugira ngo impande zombi zizarangwe n’indangagaciro y’ubworoherane no kwakira ibibazo biba byaravutse hagati aho ngaho abo bantu batabana”.

Komiseri Dusabeyezu, avuga ko nubwo ubushakashatsi bw’igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge giheruka gukorwa na Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge mu mwaka wa 2015 mu gihugu cyerekanye ko bugeze 92,5%; kuri we ngo haracyari inzira ndende. Ahamya ko kwigisha ari uguhozaho ariko kandi gahunda ya “Ndumunyarwanda” ngo igomba gushyirwamo imbaraga cyane, kimwe n’izindi gahunda zigamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge mu banyarwanda.

Umwiherero w’abagize ihuriro ry’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka kamonyi witabiriwe n’inzego z’ubuyobozi zitandukanye ahanini bagizwe n’abigeze kuba abayobozi mu karere ndetse n’ibyahoze ari amakomine, hakazamo abajyanama bose bo mu nama njyanama, inzego z’umutekano, hakaza kandi imiryango itari iya Leta( NGOs) ifasha mu bumwe n’ubwiyunge.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga