• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi: Kurangiza imanza zisaga 400 z’imitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside ni agatereranzamba

Umwanditsi
March 19, 2019

Umuyobozi w’Akarere ka kamonyi, kayitesi Alice avuga ko imanza 438 zishingiye ku mitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 zitararangizwa. Kutarangizwa kwazo ahamya ko hari ingaruka ku mu bumwe n’ubwiyunge, ariko kandi ngo hari izidashobora kurangizwa.

Alice Kayitesi, umuyobozi w’akarere ka kamonyi avuga ko mu manza 438 zitararangizwa mu myaka 25 ishize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ibaye, izo bafite kuba barangiza mu gihe cya vuba ngo ni imanza 33 gusa, naho izindi ngo ni bibazo.

Ati” Mukarere kacu turacyafite imanza 438 zitararangizwa, ariko izishobora kuragizwa muri izo twanihayemo intego ko zigomba kurangirana n’uku kwezi kwa gatatu ni 33 gusa. Izindi zifitemo ibibazo, harimo izifite amarangizarubanza afitemo ibibazo, adasinye cyangwa se atagaragaza umwanzuro w’urukiko Gacaca rwari rurimo, ayo ngayo rero ntacyo twayakoraho.”

Akomeza ati” Ariko kandi harimo n’izindi manza ba nyirazo bagiye bitaba Imana ariko ukabona nta n’icyo basize ku buryo ntacyo dufite twarangirizaho urubanza. Hakabamo n’ayandi nyine ubona neza neza ko tutabona ubwishyu na mba, ibyo nibyo bibazo bikomeye dufite”.

Mayor Kayitesi ahamya ko gutinda cyangwa kutarangiza isi manza bifite ingaruka mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge.

Ati “ Bifite ingaruka ahubwo zikomeye, kuko nta bumwe n’ubwiyunge buba bwabayeho hagati y’uwakoze icyaha n’uwo yagikoreye mu gihe cyose haba hakirimo icyo kibazo cy’uko hari ibye yangirijwe atabonye ku ruhande rw’uwangirijwe, ariko kandi hakabaho n’urundi ruhande rw’uwangije nta nagire n’umutima wo gusaba imbabazi.”

Mayor Kayitesi avuga ko kurangiza imanza atari ukwishyura gusa ahubwo ngo no gusaba imbabazi ni intambwe ikomeye kandi nk’ubuyobozi babona ifasha cyane muri iyi nzira y’ubumwe n’ubwiyunge.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Alice Kayitesi ahamya ko nubwo inzira y’ubumwe n’ubwiyunge ari urugendo rurerure abantu bagomba gufatanya kugenda, ngo mu karere ayoboye iyo aroye mu bikorwa biganisha ku bumwe n’ubwiyunge ndetse n’ibindi byinshi biri mubyo bakora, abona ngo ibintu bigenda neza nubwo ahamya ko hakiri urugendo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga