• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kurasa abajura si umugambi wa Polisi, ariko mugende mubabwire babireke-CP Felix Namuhoranye 

Umwanditsi
March 22, 2019

Mu biganiro byahuje Polisi n’itangazamakuru kuri uyu wa 22 Werurwe 2019 ku cyicaro cya Polisi ku Kacyiru, ubuyobozi bwa Polisi bwatangaje ko nubwo abajura 6 mu kwezi kumwe bamaze kuraswa bagapfa ngo siwo mugambi, ariko kandi abajura ngo ni bareke kwiba kuko bitazabagwa amahoro.

CP Felix Namuhoranye, umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa muri Polisi y’u Rwanda asubiza ikibazo cy’umunyamakuru Scovia Mutesi wabazaga niba iri raswa ry’abajura hari amabwiriza yatanzwe cyangwa ari uruhurirane, yasubije ko nta mabwiriza, nta mugambi uba uhari ko ari uruhurirane akenshi binaterwa n’abanyabyaha, abajura baba bashaka kurwanya inzego z’umutekano cyangwa bashaka kwiruka bahunga.

Commissioner of Police Felix Namuhoranye, yavuze ko kugera aho umujurura cyangwa undi munyabyaha wese ajya kuraswa biba byanyuze mu nzira nyinshi, aho asabwa kwishyikiroza inzego z’umutekano, kutazirwanya no kumvira amabwiriza ahabwa  ariko bikanga agashaka kuzirwanya cyangwa kwiruka ngo acike.

Mu butumwa bugufi bu burira abajura n’abandi banyabyaha, CP Namuhoranye yagize ati ” Mubwire abajura bareke gukora ubujura”.

Mu rugero ruto yatanze rugasetsa abatari bake, ni urw’abapolisi bagiye mu rugo gufata abantu bengaga inzoga zitemewe n’amategeko maze abagabo aho kwishyikiriza Polisi basohokana imihoro, ati koko namwe mumbwire aho ni inde wagombaga kwiruka!? Mugende mubabwire bareke ubujura.

Mu mujyi wa Kigali hamaze kuraswa abantu 5 bahasiga ubuzima bose bakekwaho ubujura. Hari undi umwe warasiwe mu burasirazuba wuzuza umubare w’abantu 6 bamaze kuraswa bagapfa bose bakekwaho ubujura. Polisi ivuga ko intandaro ari ugushaka kurwanya inzego z’umutekano cyangwa se bakiruka.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga