• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Rubavu: Polisi irakangurira abantu kwirinda ababavunjira amafaranga batemewe

Umwanditsi
March 23, 2019

Ibi Polisi y’u Rwanda ibitangaje nyuma y’aho ifatiye umugore mu karere ka Rubavu mu murenge wa Gisenyi ahazwi nko kuri Petite bariere ari kuvunjira abantu amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kuri uyu wa 21 Werurwe 2019. 

Uyu mugore wafashwe yitwa Faida Emerine w’imyaka 33 y’amavuko akaba anatuye muri uwo murenge wa Gisenyi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Innocent Gasasira yavuze ko gufatwa k’uyu mugore byaturutse ku makuru bahawe n’abaturage.

Yagize ati” Uyu mugore yari asanzwe akora uyu mwuga wo kuvunjira abantu amafaranga atandukanye arimo amanyarwanda, amanyekongo ndetse n’amadolari ya Amerika. Abaturage rero baje guha amakuru Polisi ko uwo mugore avunja mu buryo butemewe kandi ko avunja ku giciro cyo hejuru gitandukanye n’icyo BNR (Banque Nationale du Rwanda) yashyizeho.”

CIP Gasasira avuga ko bakimara guhabwa ayo makuru bahise bajya gufata uwo mugore aho kuri Petite bariere bamusangana ibihumbi 47, 500 by’amanyarwanda na 40, 400 by’amanyekongo yari arimo akoresha avunjira abantu, bahita bamushyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha rukokorera kuri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi ngo akurikiranwe ku cyaha acyekwaho.

Faida avuga ko yavunjiraga umuntu bitewe n’amafaranga ashaka, abanyarwanda bajya muri Congo abaha amafaranga yaho naho abanyekongo baje mu Rwanda akabaha amadorari cyangwa amanyarwanda kandi ku giciro cyo kiri hejuru

CIP Gasasira akaba yagiriye inama abantu muri rusange kwirinda kujya kuvunjisha kuri bene abo bavunjayi kuko bataba bazwi na BNR bakaba bashobora kubahangika bakabaha amiganano.

Yagize ati” Turagira inama abantu kwirinda gushaka inyungu z’umurengera ngo kuko babonye ubavunjira ku giciro kirenze icy’abandi kuko iyo babahangitse bahomba ntibabone aho bajya kubariza.”

Ashimira abaturagse batanze amakuru, agasaba buri wese kujya yihutira kumenyesha inzego z’umutekano mu gihe abonye uvunjisha amafaranga muri ubwo buryo bunyuranyije n’amategeko kimwe n’ibindi byaha byose bishobora guteza umutekano muke mu baturage.

Uyu mugore nahamwa n’icyaha azahanwa n’ingingo ya 223 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha, ivuga ko umuntu wese, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ucuruza cyangwa uvunja amafaranga y’Igihugu cyangwa amafaranga y’amahanga, mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana abiri (200.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa buri ibyo bihano.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga