• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Abacuruza ibiyobyabwenge amayeri yose bakoresha ntateze kuzabahira-CIP Gasasira

Umwanditsi
March 24, 2019

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’iburengerazuba Innocent Gasasira aravuga ko amayeri yose akoreshwa n’abacuruza ibiyobyabwenge adateze kuzabahira kubera ubufatanye bwiza buri hagati ya Polisi ndetse n’abaturage mu kurwanya ibiyobyabwenge.

Ibi yabivuze kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Werurwe 2019 nyuma y’aho Polisi k’ubufatanye n’abaturage bafashe abantu 4 bafatanywe ibiyobyabwenge by’urumogi barukuye mu gihugu cy’abaturanyi cya RDC.

Abafashwe ni Kwizera Jean de Dieu w’imyaka 23 y’amavuko, wafatiwe mu karere ka Rubavu ari kumwe n’umushoferi we Imanishimwe Amani w’imyaka 38 y’amavuko bafite udupfunyika ibihumbi 2 436 tw’urumogi.

Abandi ni, Ntakamaro Laurent w’imyaka 58 y’amavuko na Kampundu Zakia w’imyaka 34 y’amavuko aba buri umwe akaba yarafatanwe igipfunyika k’ibiro 10 by’urumogi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police(CIP) Innocent Gasasira yavuze ko abacuruza bakanatunda ibiyobyabwenge usanga bagerageza gukoresha ameyeri menshi ariko kubera amakuru atangwa n’abaturage ayo mayeri ntateze kuzabahira.

Yagize ati:”Nk’aba twafashe, bafatiwe mu bikorwa bya Polisi bya ninjoro bagerageje kwitwikira ijoro ariko kubera ko amakuru twayahawe n’abaturage twarabafashe. Hari abo dukunze gufata babihetse mu mugongo nk’abahetse abana, birarenga ariko tukabafata.”

Yakomeje ashimira abaturage ubufatanye bakomeje kugaragza mu kurwanya no gukumira ibyaha abasaba gukomeza umurava.

Ati:” Abaturage benshi bamaze kumva ububi bw’ibiyobyabwenge, niyo mpamvu tubasaba gukomeza kubirwanya batanga amakuru kandi ku gihe. Nta cyiza cyo gucuruza ibiyobyabwenge kuko amaherezo aba mabi, kwica ubuzima bw’ababikoresha ndetse n’ababifatiwe bagafungwa.”

CIP Gasasira yakanguriye abaturage kureka kwishora mu biyobyabwenge kuko ibihano byabo leta yabikajije, aho iteka rya Minisitiri w’Ubuzima riherutse gushyira icyaha cyo kunywa, gutunda, gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge mu byaha bihambaye ubifatiwemo akaba ahanishwa igifungo cya burundu.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga