• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/06/26
Amajyepfo: Polisi iragira iti“ Ntabe ari Njye urebera abakora ibinyuranyije n’Amategeko…, ibyaha”
11/06/26
Kamonyi-Nyamiyaga: Yaguwe gitumo arimo gusambanya ufite uburwayi bwo mu mutwe
11/06/26
Imodoka y’Ibitaro bya Remera Rukoma yahitanye ubuzima bw’Umuntu abandi barakomereka
11/06/26
Paris: Ibyo wamenya kuri Dr Eugène Rwamucyo watangiye Ubujurire ku byaha bya Jenoside

Ruhango: Mu rugo rw’umuturage hafatiwe kanyanga n’ibikoresho bikoreshwa mu kuyiteka

Umwanditsi
March 25, 2019

Mubikorwa byo kurwanya abakora bakanacuruza ibiyobyabwenge  n’inzoga z’inkorano zitemewe Polisi mu karere ka Ruhango  ifatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bafatiye mu rugo rwa  Ruhamya Jean Damascene w’imyaka 52 Kanyanga ndetse n’ibikoresho bakoresha mu kuyiteka.

Ruhamya Jean Damascene utuye mu murenge wa Ruhango akagari ka Bunyogombe ku makuru yatanzwe n’abaturage inzego z’umutekano zabashishe gufatira murugo rwe litiro 20 za kanyanga ndetse n’ibikoresho bitandukanye bikoreshwa mu kuyiteka.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi yavuze ko amakuru y’uko Ruhamya ateka akanacuruza kanyanga yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati” Abaturage batanze amakuru ko mu rugo rwa Ruhamya hakorerwa ibiyobyabwenge birimo kanyanga ndetse n’inzoga z’inkorano akabiranguza n’ababicuruza baturutse hirya no hino muri kariya karere”

Akomeza avuga ko Polisi mu kuhagera yasanze afite litiro 20 za kanyanga ndetse hanafatirwa ibikoresho akoresha mu kuyiteka.

CIP Karekezi yasabye abaturage gukomeza inzira yo gutangira amakuru ku gihe kuko bifasha mu gukumira ibyaha byagombaga guhungabanya umutekano.

Yagize ati” Ibiyobyabwenge bifite ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu, biza ku isonga ry’ibitera ibyaha bitandukanye birimo urugomo, ihohotera ndetse n’ amakimbirane yo mu muryango kuko uwabikoresheje ubwonko bwe buba bwayobye bigatuma adakora igikwiye.’’

Ibikorwa byo kurwanya ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano byanakorewe mu karere ka Huye mu murenge wa Ruhashya akagari ka Buhimba aho hafatiwe litiro 360 z’inzoga z’inkorano zitemewe, zikaba zaramenewe mu ruhame ndetse abazifatanwe bacibwa amande n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.

Amabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuziranenge ateganya ko umuntu wese ufatanwe inzoga z’inkorano zitemewe n’amategeko zimenerwa  mu ruhame agacibwa amande agenwa n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, mu gihe ufatanywe ibiyobyabwenge birimo urumogi, kanyanga n’ibindi akurikiranwa n’ingingo ya 263 mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5981 Posts

Politiki

4228 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga