• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana
06/09/25
Kamonyi-Blue Sky School: Abanyeshuri n’Abarimu bashimiwe ku guhesha ikigo ishema
06/09/25
Kamonyi-Runda: Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko yasanzwe amanitse mu mugozi
06/09/25
Kamonyi-Mukinga: Abana basaga 128 bataye n’abacikishirije ishuri bagiye kurisubizwamo

Nyanza: Kugenda udafite Mituweli ni nkokujyana imodoka mu muhanda nta bwishingizi-Min Mukabaramba

Umwanditsi
April 3, 2019

Mukabaramba Alivera, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, ubwo yatangizaga ubukagurambaga bwa Mituweli y’umwaka wa 2019-2020 mu Murenge wa Mukingo, Akarere ka Nyanza kuri uyu wa 2 Mata 2019 yasabye ko buri wese mubyo ateganya, Mituweli igomba kuza ku isonga.

Min Alivera Mukabaramba, yibukije ndetse asaba buri muturage wo mu karere ka Nyanza no mu Rwanda hose muri rusange ko ntawe ukwiye kujya mu muhanda adafite ubwishingizi bw’Ubuzima-Mituweli, ko kubirengaho ari nko gufata imodoka ukayishyira mu muhanda itagira ubwishingizi.

Yagize ati“ Kujya mu muhanda udafite Mituweli ni nko gufata imodoka ukayitwara idafite ubwishingizi, iyo ukoze impanuka urirwariza”. Minisitiri Mukabaramba, akomeza avuga ko ubu bukangurambaga butareba gusa abaturage b’Akarere ka Nyanza, ko ahubwo ari buri munyarwanda wese.

Abaturage bari bitabiriye itangizwa ry’ubu bukangurambaga kuri Mituweli ari benshi.

Akomeza ati“ Ubwishingizi bw’ubuzima (Mituweli) ni ngombwa mu buzima kimwe no kurya, kimwe no kunywa amazi, kimwe n’ikintu cyose nkenerwa. Mu bintu bigomba kwitabwaho mbere mu muryango na Mituweli irimo”.

Mukabaramba, yijeje abaturage ko Minaloc n’abafatanyabikorwa bayo bazakomeza gushyira ingufu mu kugeza ibikewe ku baturage kugira ngo serivise bahabwa irusheho kubanogera.

Yasabye kandi ko abaturage bakwitondera abatekamitwe bateye, bakirinda kugira uwo bizera ngo bakusanye amafaranga bayamuhe ajye kubishyurira Mituweli. Yabasabye kujya biyambaza ubuyobozi aho biri ngombwa.

Muri ubu bukangurambaga, abakuru b’imidugudu ibiri yahize iyindi kwesa umuhigo wa Mituweli bo mu Murenge wa Ntyazo bahemwe igare kuri buri umwe, bahabwa n’umutaka wo kubakingira izuba n’imvura.

Abakuru b’Imidugudu bahembwe amagare n’imitaka kubwo kwesa umuhigo wa Mituweli 100% no gukemura ibibazo mu baturage bayobora.

Ku rwego rw’AKarere ka Nyanza, abamaze gutanga Mituweli y’umwaka wa 2018-2019 barangana na 83,6%. Hatanzwe ubuhamya ku kamaro ka Mituweli aho bamwe mu baturage berekanye ibyiza byayo, biyemeza ko bagiye gufatanya mu bukangurambaga urugo ku rundi kugira ngo n’abasigaye batarishyura bagire bwangu.

Min Mukabaramba na Mayor w’Akarere ka Nyanza baganira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5860 Posts

Politiki

4111 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga