• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi/Kwibuka 25: kuba hari abantu bagihakana bakanapfobya Jenoside si impanuka-Depite Kamanzi

Umwanditsi
April 7, 2019

Ubwo hatangiraga icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ku rwego rw’Akarere ahazwi nko mu kiryamo cy’inzovu kuri uyu wa 07 Mata 2019, Depite Ernest Kamanzi wari umushyitsi mukuru yibukije abanyakamonyi n’abanyarwanda muri rusange ko kuba hirya no hino ku isi hakigaragara abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 atari impanuka.

Intumwa ya Rubanda muri uyu muhango, Depite Kamanzi yagize ati ” Turacyafite hirya no hino abantu bake bakigaragarwaho n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Kuba kandi hakiri abo twumva hirya no hino ku isi ntabwo ari impanuka kuba bayihakana kuko abahanga bagaragaje ko intambwe ya mbere mu gutegura Jenoside ari ukuyihakana”.

Hon. Kamanzi, avuga ko impamvu y’abapfobya bakanahakana Jenoside yumvikana kuribo, kuko ngo badashobora kwigamba ko bateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside cyane ko baziko ari icyaha mpuzamahanga kandi ndengakamere gihanwa n’amategeko mpuzamahanga.

Imbaga y’abaturage baturutse mu murenge wa Rukoma, hirya no hino mu Karere n’ahandi bari bitabiriye gutangiza icyunamo, kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe abatutsi.

 

Akomeza ati” Ni byiza ko twibukiranya ko niba abo bantu bahari bapfobya bakanahakana Jenoside, ari ukuvuga ko abo bantu bagifite n’umugambi wo kongera gukora ibyo batarangije. Ariko ntabwo twabemerera, abanyarwanda muri iyo myaka 25 hari amahitamo twahisemo kandi twemeye ko ariyo agomba kutugenga. Ayambere akomeye cyane ni uko twahisemo kuba umwe”.Yibukije abanyakamonyi n’abanyarwanda muri rusange ko inzira yo kuba umwe bahisemo ni bayikomeza bazakora kandi bakagera kuri byinshi. Yavuze ko abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside badashobora kudindiza iterambere ry’abanyarwanda, badashobora gutsinda abanyarwanda.

Yibukije by’umwihariko abakiri bato, urubyiruko n’abakuru ko urugendo nk’abanyarwanda bamaze kugenda muri iyi myaka 25 rwabereye amahanga icyitegererezo ku bw’ibikorwa byinshi byakozwe bituma hari abibaza byinshi bagereranije ibyo u Rwanda n’abanyarwanda banyuzemo n’igihe gishize. Gusa yabibukije ko hakiri byinshi byo gukora.

Hon Depite Ernest Kamanzi nk’umudepite ukiri muto mu myaka no mu nteko ishinga amategeko yasabye urubyiruko by’umwihariko kwibuka ko abenshi muri iyi myaka 25 ishize ibyinshi byakozwe n’ababyeyi babo, inshuti n’abavandimwe mu gihe bo bari bakiri bato, yabasabye guha agaciro ibimaze gukorwa, kubirinda no kubisigasira ariko kandi abibutsa ko igihango bafitanye n’igihugu bagomba gushyira umutima n’imbaraga zabo mu rugendo rw’ibisigaye gukorwa, bakazagira igihugu cyiza bazaraga abazabakomokaho cyane ko ngo ubushake n’imbaraga bazifite.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga