• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kwibuka 25: Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bahawe ibiganiro kuri Jenoside

Umwanditsi
April 10, 2019

Mu gihe u Rwanda n’abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, abapolisi b’u Rwanda bari mu bihugu hirya no hino mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro baganirijwe kuri Jenoside.  

Ibi biganiro byahawe abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro hirya no hino, byabaye kuri uyu wa 8 Mata 2019 binitabirwa kandi n’imiryango y’abanyarwanda n’inshuti bari aho byabereye.

Ibiganiro byatanzwe, byibanze ku mateka ya mbere na nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 nka bimwe mu bikorwa biri muri gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe abatutsi.

Ibi biganiro byakorewe ahari abapolisi b’u Rwanda nko muri Centre Africa, Sudan y’amajyepfo, mu gihugu cya Haiti; ku nsanganyamatsiko igira iti “ Amateka y’itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe abatutsi.

Baganirijwe ku ruhare rw’ubuyobozi bwo hambere bwateguye umugambi wo kwica Abatutsi, uruhare rw’inzego z’umutekano zariho icyo gihe mu gutegura no kubishyira mu bikorwa hamwe no gutsindwa k’umuryango mpuzamahanga mu kurinda abicwaga.

Baganiriye kandi ku gushyira hamwe ndetse n’inshingano yabo mu kwiyemeza guharanira ko Jenoside itagira ahandi aho ariho hose iba ku Isi.

Ibi biganiro byaranzwe kandi no kwerekana amashusho (Video) agaragaza uko umugambi wa Jenoside wateguwe ndetse ugashyirwa mu bikorwa mu gihe cy’iminsi 100 aho inzirakarengane z’abatutsi basaga Miliyoni bishwe urw’agashinyaguro.

U Rwanda kugeza magingo aya rufite abapolisi 1200 bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro. Hari abari Centre Africa (MINUSCA), Sudan y’Amajyepfo (UNMISS), Haiti (MINUJUSTH), Abyei na Darfur.

Inkuru ya Polisi yashyizwe mu Kinyarwanda na Munyaneza / intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga