• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abamotari biyemeje kurwanya bamwe muri bagenzi babo bangiza isura y’umwuga wabo

Umwanditsi
April 18, 2019

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bavuga ko batazihanganira bamwe mu bamotari bagaragarwaho n’amakosa yo kutubahiriza amategeko y’umuhanda ndetse n’abishora mu byaha bitandukanye kuko bihesha isura mbi umwuga bakora.

Ibi ni ibyagarutsweho kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2019, mu bukangurambaga bwahuje abamotari basanga 500 bakorera umwuga wabo mu karere ka Kicukiro.

Ubu bukangurambaga bwateguwe na Polisi y’u Rwanda kubufatanye n’ikigo cy’igihugu cy’ingoboka ndetse n’ihuriro ry’amakoperative y’abamotari mu gihugu (FERWACOTAMO)umuryango uharanira ubuzima (Health people Rwanda) ndetse n’umuryango urwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge (Drug free Rwanda).

Bamwe mu bamotari bitabiriye ubu bukangurambaga bagaragaje ko bababazwa n’abasiga icyasha umwuga wabo kandi ubatunze bityo bakaba barahagurukiye kubarwanya.

Vestine Mukeshimana ni umumotari ukoze uyu mwuga imyaka icumi yemeza ko umwuga akora umutunze bityo atarebera abawusiga isura mbi.

Ati “Mu myaka icumi maze nkora uyu mwuga nabashije kwigisha abana bange bane mu mashuri meza ntambogamizi ndahura nazo uretse abihisha inyuma y’uyu mwuga bagakora ibyaha n’amakosa uwusiga isura mbi’’.

Akomeza agira ati “Umuhanda si ikibuga cyo gukiniramo, iyo utubahirije amategeko bishobora guteza urupfu, ibi bigaragara mu batwara ibinyabiziga aho usanga hari abatubahiriza amategeko y’umuhanda bikavamo impanuka zibakururira urupfu cyangwa ubumuga bwa burundu’’.

Marie louise Karegeya nawe akora umwuga wo gutwara abantu kuri moto avuga ko kugirango babashe kurwanya abahindanya umwuga wabo bisaba ko buri wese yaba ijisho rya mugenzi we.

Yagize ati “Buri wese abaye ijisho rya mu genziwe hagatangwa amakuru kubantu bica nkana amategeko y’umuhanda, abashikuza amasakoshi abagenzi batwaye ndetse n’abakoresha ibiyobyabwenge umwuga wacu wagarura isura nziza’’.

Leonard Nzeyimana nawe ni umumotari umaze imyaka 17 muri uyu mwuga agaragaza ko hari bagenzi be babaswe n’ibiyobyabwenge abandi bagafata imiti yongera imbaraga kugirango babashe gukora amasaha yikirenga, akagaragaza ko ibi byose bikwiye kwirindwa kuko ari bimwe mu bibatwara ubuzima kandi baba baje mu muhanda gushaka ibitunga imiryango yabo.

Senior Superintendent Jean Marie Vianney Ndushabandi umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda yavuze ko amategeko y’umuhanda ariho kugirango arengere abakoresha umuhanda bose.

Yagize ati “Ibihano (amande) bishyirwaho nk’icyemezo cya nyuma kugirango amategeko y’umuhanda yubahirizwe bityo abakoresha inzira nyabagendwa bose bibone mo. Twubahirize amategeko y’umuhanda bityo turengere ubuzima.

SSP Ndushabandi yabakanguriye kubahiriza amategeko y’umuhanda, aho byagaragaye ko abamotari bagonga abanyamaguru babasanze mu nzira zabagenewe, kwirinda gutwara banyoye ibisindisha, gutanguranwa abagenzi ndetse no gutendeka.

Imibare igaragaza ko mu mezi atatu ashize impanuka zahitanye abamotari ndetse n’abagenzi bagera kuri 40 hakomereka bikomeye 122 mu gihe 240 bakomeretse byoroshye.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga