• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Nyarugenge: Polisi yafashe ukekwaho kwiyita umushinjacyaha akambura abaturage

Umwanditsi
April 18, 2019

Polisi ikorera mu mujyi wa Kigali kubufatanye n’abaturage yafashe umugabo ikekaho kwiyita umushinjacyaha akambura abaturage amafaranga abizeza kubakuraho amadosiye bakurikiranweho n’inkiko.

Munyemana Octave w’imyaka 37 y’amavuko yafatiwe mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Muhima yiyita umushinjacyaha ukorera mu rukiko rwa Muhanga aho yabeshyaga abaturage akabemeza ko hari amadosiye ubushinyacyaha bu bakurikiranyeho.

Chief Inspector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi yavuze ko Munyemana yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage yashakaga kwambura.

Yagize ati “ Uyu mugabo yegereye abaturage abumvisha ko yababonye kurutonde rw’abantu bagomba kwishyuzwa imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe abatutsi ariko ko bamuhaye amafaranga yabakura kuri uru rutonde’’.

Akomeza avuga ko aba baturage bamuketsemo ubutekamutwe bakihutira kumenyesha ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ruswa.

Yagize ati “Bemeranyije amafaranga ibihumbi 300 bamubwirako babaye babonye 50 bahurira Nyabugogo akaza akayafata mugihe bagishaka andi , mu kuhagera ahita atabwa muri yombi”.

CIP Umutesi yashimiye abaturage bagize uruhare mw’ifatwa rya Munyemana asaba abumva ko bazabeshwaho n’ibikorwa by’ubutekamutwe ndetse no kwiyitirira inshingano badafite bagamije kwambura abaturage ku bireka kuko kubufatanye n’abaturage ubikora wese azafatwa kandi akagerwaho n’ingaruka zikomeye.

Munyemana Octave akimara gufatwa yashyikirijwe urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri Sitasiyo ya Muhima.

Ingingo ya 281 mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano muri rusange iteganya ko umuntu wese wiyitirira urwego rw’umwuga wemewe n’ubutegetsi, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’ukwezi kumwe (1) ariko kitageze ku mezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500.000 FRW) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga