• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kicukiro: Polisi yasubije umumotari moto ye yari yibwe

Umwanditsi
April 24, 2019

Mu mpera z’icyumweru dusoje Polisi ikorera mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Kicukiro yasubije umumotari moto ye yari yibiwe aho yayiparitse.

Nshimyumuremyi Aimable w’imyaka 36 y’amavuko asanzwe akorera umurimo w’ubumotari mu karere ka Kicukiro  moto ye RB 126 S ikaba yari yibwe na Nsengimana Aciel w’imyaka 27.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi yavuze ko uyu mumotari nyuma yo kwibwa moto ye yahise abimenyesha Polisi ikorera mu murenge wa Kicukiro.

Yagize ati” Nshimyumuremyi yaparitse moto ye nkuko bisanzwe Nsengimana ukekwaho kuyimwiba aba yamucunze ahita ayitwara ajya kuyihisha mu gipangu cy’uwitwa Mukampabuka Cecile w’imyaka 60 abwira abana ahasanze ko agize ikibazo agiye gukoresha imodoka abasaba kuyimubikira ngo aribugaruke kuyitwara ni mugoroba.”

CIP Umutesi avuga ko nyuma y’aho Mukampabuka atahiye yabajije abana aho iyo moto yavuye bamusobanuriye agira amakenga niko guhita  abimenyesha Polisi kugira ngo ibashe kumenya inkomoko yayo.

Yagize ati “Kuri uwo mugoroba nibwo Nsengimana yagarutse aje kureba ya moto maze Polisi ihita imufata imubaza ibyayo, isanga nimwe ya Nshimyumuremyi nyuma yo guhuza ibimenyetso yari yatanze avuga  ko yibwe moto. “

Akomeza asaba abakora ubujura kubureka kuko nta kiza babukuramo uretse ibihano gusa. Yaboneyeho gukangurira abaturage gukomeza gutangira amakuru ku gihe kugirango ubujura bubashe kurwanywa.

Umuturage wari wabikijwe moto mu rugo rwe, Mukampabuka Cecile yavuze ko Polisi y’u Rwanda ihora ikangurira abantu gutangira amakuru ku gihe aho babonye ikitagenda neza  ndetse nicyo bagizeho amakenga.

Yagize ati “Nkuko Polisi ihora ibidukangurira nagize amakenga kuri moto nari nsanze mu rugo rwanjye niko guhita nitabaza Polisi kugira ngo imenye inkomoko yayo . Gutangira amakuru ku gihe bifasha inzego z’umutekano kurwanya ibyaha.”

Nshimyumuremyi Aimable nyuma yo gusubizwa moto ye, yashimiye imikorere myiza ya Polisi asaba bagenzi be kujya bihutira kumenyesha Polisi ikibazo bagize kugira ngo gikurikiranwe hakiri kare.

Nsengimana ucyekwaho kwiba moto yahise ashyikirizwa Urwego rw’ubugenzacyaha rukorera kuri Sitasiyo ya Kicukirio.

Aramutse ahamwe n’icyaha yahanishwa ingingo ya 166 mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Aho iteganya igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW).

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga