• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Kuba twararokotse ntabwo imibiri y’abacu ikwiye kuba icyandagaye hirya no hino-Ibuka Mugina

Umwanditsi
April 25, 2019

Perezida w’umuryango Ibuka mu Murenge wa Mugina muri iri joro rya tariki 25 Mata 2019 mu gitaramo cy’ijoro ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yasabye akomeje ko uwaba wese azi ahari umubiri w’abishwe ko yatanga amakuru.

Pricille Mukabaranga, Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Mugina yagize ati ” Nsabe umuntu wese, uzi aho imibiri y’abacu ijugunywe hirya no hino ko yaduha amakuru, kugira ngo imibiri y’abacu ishyingurwe mucyubahiro”.

Akomeza ati ” Twebwe abarokotse, ni kimwe mubyo twarokokeye. Kuba uyu munsi twararokotse, ntabwo imibiri y’abacu ikwiye kuba icyandagaye hirya no hino. Mu byatumye turokoka tugasigara ni ukugira ngo imibiri y’abacu uyu munsi ihabwe icyubahiro ikwiye”.

Etienne Muvunyi, waje ahagarariye akarere mu ijambo yagejeje kubitabiriye ijoro ryo kwibuka, yagarutse ku bantu badaha agaciro gahunda zo kwibuka anasaba ko bidakwiye kuba abantu bafite amakuru y’aho abantu bashyizwe ariko bakaba batayatanga.

Etienne Muvunyi / intumwa y’Akarere ku Mugina.

Ati ” Bambuwe ubumuntu, bagirwa inyamaswa baricwa. Uyu ni umwanya mwiza igihugu cyaduhaye ngo tubibuke. Uyu mwanya abawuhaye agaciro turabashimira, turashimira igihugu cyawutugeneye, abatawakira nabo cyangwa abagerageza kuwuhunga igihe kizagera kuko kwibuka ntabwo bizahagarara”.

Muri iki gikorwa cy’urugendo rwo kwibuka ndetse n’ijoro ryo kwibuka bibanziriza umuhango nyiriziza wo kwibuka, hagaragaye abaturage batari benshi ugereranije n’abagombye kuhaboneka cyane ko ari igikorwa gihuza imirenge 2, uwa Mugina na Nyamiyaga.

Murugendo rwatangiriye ku Mugina, rwatangiwe n’abantu bake baza kwiyongera bahuye n’Abanyamiyaga ariko uko amasaha yakuraga hari abandi bagendaga baza.

Aha, Mukabaranga yagize ati ” Hari aho twagiye tunyura abantu bakaguma mubipangu bakatwitegereza nkuko abacu babanyuragaho nyine!, cyakora ikitabayeho uyu munsi nta nduru baduhaye kuko ntaho babona bayivugiriza muri Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda. Aba rero tutajyanye bari babishoboye, bari babifitiye uburyo turabanenga”.

Akomeza ati” Muri iyi minsi ya Pasika abantu bakoze urugendo rw’umusaraba bibuka imibabaro Yezu Kristo yanyuzemo mbere y’uko apfira abantu, bakoze iyo nzira bisanisha n’akababaro ka Yezu Kristo, hanyuma ukibaza uyu muntu witwa umukristo ubabajwe cyane n’urupfu rwa Yezu Kristo ataraturanye na Yozefu na Mariya ngo yumve ububabare bw’umwana wabo Yezu, uyu munsi abafashe mugahinda k’umwana wabo, uyu munsi akaba atabasha guherekeza umubandimwe baturanye wabuze abana icumi abareba!? Iki ni ikintu cyo kwibazaho abantu bakwiye gufataho ndetse umwanzuro uhamye kuko aho imyaka 25 igeze nta muntu ukwiye gusunikwa ngo akore urugendo nk’urwo twakoze”.

Urwibutso rwa Mugina twarufotoye mu ijoro ifoto ntabwo igaragaza neza.

Urwibutso rwa Mugina ni rumwe mu nzibutso 3 ziri mukarere ka Kamonyi. Rushyinguwemo imibiri 50,011, kuri uyu wa 26 Mata 2019 ubwo baraba bibuka abatutsi biciwe mucyahoze ari Komini Mugina baturutse hirya no hino harashyingurwa indi mibiri 32.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga