• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Perezida Kagame ntashyigikiye ko gutuka no gusebya umukuru w’Igihugu bijya mu byaha mpanabyaha

Umwanditsi
April 26, 2019

Itangazo rituruka muri Perezidansi ya Repubulika ryo kuwa 25 Mata 2019 rivuga ko Perezida Kagame adashyigikiye icyemezo urukiko rw’ikirenga rwafashe cyo kugumisha mu byaha mpanabyaha gutuka no gusebya umukuru w’Igihugu mu gihe kubandi bayobozi cyashyizwe muri mbonezamubano.

Kuwa 24 Mata 2019 nibwo urukiko rw’Ikirenga rwafashe umwanzuro w’uko icyaha cyo gutuka no gusebya Umukuru w’Igihugu bijya mubyaha mpanabyaha, mu gihe kubandi bayobozi b’Igihugu rwanzuye ko byitwa Mbonezamubano.

Nyuma y’iki cyemezo cy’urukiko, Perezida wa Repubulika Paul Kagame asanga bidakwiye ko ashyirirwaho umwihariko ngo kuko nawe ari umuyobozi w’igihugu nk’abandi.

Mu itangazo ryasohowe na Perezidansi ya Repubulika risubiza ku mwanzuro w’Urukiko rw’ikirenga, rigira riti ” Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yubaha ubwigenge bw’ubucamanza. Yubaha umwanzuro uherutse gufatwa n’Urukiko rw’Ikirenga ukura mu mategeko mpanabyaha ibyari ibyaha byo gukoza isoni abayobozi b’igihugu n’abashinzwe umurimo rusange w’igihugu”.

Rikomeza riti” Perezida ariko ntiyemeranya no kugumisha mu mategeko mpanabyaha ingingo y’itegeko irebana no gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu, kandi na we ari umuyobozi w’Igihugu. Yemera ko ari imbonezamubano aho kuba icyaha mpanabyaha, kandi yizeye ko iki kibazo kizakomeza kuganirwaho”.

Uyu mwanzuro w’urukiko rw’Ikirenga waje ushingiye ku cyifuzo cy’umunyamategeko Richard Mugisha, wari waregeye urukiko kugira ngo ruhanagure ingingo eshatu mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ryasohotse umwaka ushize wa 2018.

Umunyamategeko Mugisha, izi ngingo yasabaga urukiko ko rwahanagura ni Ingingo ya 154 yahanaga abaharabika imyemerere y’amadini, hakaba iya 233 yahanaga abasebya abayobozi b’igihugu.

Kuri izi ngingo ebyiri, Perezida w’urukiko rw’Ikirenga, Prof Rugege Sam, yavuze ko zidafite ishingiro kuko zivuga ibitandukanye n’ibikubiye mu Itegeko Nshinga riha uburenganzira abanyarwanda gutanga ibitekerezo mu bwisanzure.

Ku ngingo ya 236 ihana abasebya umukuru w’Igihugu, Prof Sam Rugege yashimangiye ko yo ari ndakorwaho. Ashimangira ko Perezida wa Repubulika akwiye kurindwa abamuharabika bitewe n’inshingano zikomeye afite mu gihugu.

Nyuma y’icyemezo cy’urukiko rw’ikirenga kuri izi ngingo, niho Perezida Paul Kagame yahereye agaragaza ko adakwiye gushyirirwaho umwihariko, asaba ko no kuriwe bitaba mpanabyaha, gusa avuga ko yizeye ko iki kibazo kizakomeza kuganirwaho. Ibyatangajwe na Perezida Kagame byashimishije abanyamakuru bari bamaze igihe basaba ko ibi byareka kugirwa mpanabyaha.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga