• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Rwamagana: Ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga asaga Miliyoni 2 byamenewe mu ruhame

Umwanditsi
April 26, 2019

Ibiyobyabwenge nibyo biza ku isonga mu byaha bihungabanya umutekano w’abaturage. Polisi y’u Rwanda ikaba yarahagurukiye  kubirwanya kugirango umuturage w’u Rwanda abeho afite ubuzima bwiza kandi afite umutekano usesuye.

Ibi ni ibyagarutsweho kuri uyu wa 24 Mata 2019 mu karere ka Rwamagana umurenge wa Nzige ubwo hamenwaga ibiyobyabwenge byagiye bifatirwa muduce dutandukanye tw’uyu murenge.

Superintendent of Police (SP) James Rutaremara umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rwamagana yavuze ko kubufatanye n’abaturage Polisi ikorera mu murenge wa Nzige yafashe ibiyobyabwenge bitandukanye birimo urumogi, Kanyanga n’inzoga z’inkorano  bikamenerwa muruhame kugirango buri muturage wese amenye ububi byabyo.

Yibukije abaturage ko umutekano wabo bagomba kuwugiramo uruhare barwanya umuntu wese ufite umugambi wo gucuruza no gukoresha ibiyobyabwenge.

Yagize ati “Umutekano n’ikintu buri muntu wese yifuza kugira, kuwugeraho bisaba kwitandukanya n’icuruzwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge kuko aribyo biri ku isonga mu byaha bihungabanya umutekano. Murasabwa kumvako umutekano wanyu nk’abaturage mugomba kuwuharanira murwanya umuntu wese ukora ibinyuranyije n’amategeko.”

SP Rutaremara yakomeje abwira abaturage ko ibiyobyabwenge aho byagaragaye ariho hakunda kubarizwa ibyaha birimo, ubujura, gukubita no gukomeretsa, amakimbirane yo mu miryango, gufata kungufu ndetse n’ibindi byaha bitandukanye.

SP Rutaremara akomeza abwira abaturage ko Polisi itazihanganira uwari we wese ufite umutina wo gukwirakwiza ibiyobyabwenge, agasoza ashimira abaturage uruhare bagize kugirango ibyamenwe bifatwe, akanabashishikariza gukomeza gukorana n’inzego z’umutekano kugirango ibyaha bibashe gukumirwa.

Umushinjyacyaha mu rukiko rw’ibanze rw’umurenge wa Nzige Ntirushwamaboko Etienne nawe yabwiye abaturage ko kwishora mu biyobyabwenge ari icyaha gihanwa n’amategeko akibutsa buri wese kubyirinda kuko iyo abifatiwemo agerwaho n’ibihano biremereye.

Yagize ati “ Urabicuruza , ukabinywa wabifatirwamo ukabihanirwa n’amategeko bikakugiraho ingaruka kuko amafaranga ubawashoye urayabura ndetse ukanafungwa bityo ukaba umutwaro kumuryango wawe.”

Ntirushwamaboko yibukije abaturage ko mu itegeko rihana ibiyobyabwenge harimo n’igifungo cya burundu abasaba kubireka bagashaka ibindi bakora byabagirira akamaro.

Ibiyobyabwenge byamenwe bifite agaciro ka Miliyoni 2.720.100 y’amafaranga y’u Rwanda bikaba birimo urumogi, Kanyanga n’inzoga zinkorano zitandukanye zitemewe n’amategeko.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga