• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Inzu y’umuturage ifashwe n’inkongi y’umuriro irakongoka

Umwanditsi
April 29, 2019

Inzu iherereye mu Mudugudu wa Nyagacaca, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda ifashwe n’inkongi y’umuriro kuri uyu wa mbere tariki 29 Mata 2019 ahagana ku i saa kumi n’iminota 30 irakongoka.

Inzu yafashwe n’inkongi y’umuriro ni iy’uwitwa Karera Francois bakunze kwita Papa Rizembe. Iherereye nko muri metero 600 uvuye mu isantere y’ubucuruzi ya Ruyenzi ku muhanda wa Kaburimbo uzamuka werekeza i Gihara, inyuma y’urusengero rwa ADEPR.

Iyi nzu yafashwe n’inkongi y’umuriro iryamyemo umwana n’umukozi ariko bose bakuwemo ari bazima. Ku bindi byari muri iyi nzu ngo uretse Matera 3 zakuwemo nta kindi cyayisohowemo.

Umwe mu bafundi bubatse iyi nzu twahasanze yabwiye intyoza.com ko iyi nzu yari ifite agaciro kari muri Miliyoni 40 z’amafaranga y’u Rwanda.

Abaturage bahuruye bagatabara, bahamya ko kimwe mubyo bakeka byateye iyi nkongi y’umuriro ari umuriro w’amashanyarazi wiriwe ugenda ugaruka. Bamwe muri bo, bavuga ko bamaze iminsi bafite ubwoba bw’umuriro uhora ugenda ugaruka. Hari n’uwavuze ko nawe mu minsi mike ishize iye yari ifashwe kubera umuriro w’amashanyarazi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ruyenzi, Kubwimana yabwiye intyoza.com ko mu makuru yahawe kuri iyi nzu ari uko nta bwishingizi yagiraga.

Ishami rya Polisi rishinzwe kuzimya inkongi z’imiriro ryageze kuri iyi nzu yashyaga ntacyo rikiramiye mubyari biyirimo imbere kuko yari yakongotse. Ibimodoka kabuhariwe mu kuzimya inkongi z’umuriro iya mbere yahageze ahagana saa kumi n’imwe n’igice nk’uko twabitangarijwe n’ubuyobozi, iya kabiri ihageze saa Moya tugihari kuko umuriro uracyakomeje kwaka imbere. Kugeza ku i saa moya n’iminota 20 Polisi iracyarwana no kuzimya umuriro ucyaka imbere.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga