• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Hari abashaka gutsimbarara ku makuru nk’aho batsimbarara ku mutsima wabo-SG RALGA Ladislas

Umwanditsi
May 3, 2019

Umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’uturere n’imigi-RALGA, Ladislas Ngendahimana kuri uyu wa 3 Gicurasi 2019 ubwo abanyamakuru bo mu Rwanda n’inzego bireba bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’itangazamakuru, yatangaje ko nta muyobozi ukwiye kwimana amakuru. Gusa ngo haracyari bamwe bagitsimbarara ku makuru nk’abatsimbarara ku mitsima yabo.

Mu bitekerezo bitandukanye byatanzwe n’abanyamakuru ku cyicaro cy’urwego rw’abanyamakuru bigenzura-RMC ahizihirijwe uyu munsi I Remera, bagarutse kuri bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bagifite umuco wo kwimana amakuru no kutorohera abanyamakuru birengagije nkana itegeko ryo kubona no gutanga amakuru.

Ladislas Ngendahimana, SG wa RALGA yabwiye abanyamakuru n’abitabiriye uyu munsi ko ingamba zikwiye gufatirwa abayobozi n’abandi badatanga amakuru ari izigendana kandi zigashingira ku mavugururwa yagiye akorwa hagamijwe guteza imbere itangazamakuru kandi ngo yanagiye atanga umusaruro.

SG Ngendahimana, yanenze abadatanga amakuru anavuga ko bameze nk’abatsimbarara ku mitsima yabo. Ati “ Hari ikintu gikomeye baba bafite. Bafite ubuzima bw’abaturage mu ntoki zabo, ikintu rero gikomeye usanga bamwe bashaka kugitsimbararaho nk’aho batsimbaraye ku mutsima wabo, badashaka kugaragaza ibyo babakorera. Hari abashaka gutsimbarara ku makuru nk’aho batsimbaraye ku mutsima”.

Ngendahimana akomeza avuga ko kuri iyi ngingo bisaba amahugurwa kandi ahoraho, ariko kandi abantu bakanigishwa gukurikiza amategeko, hakanabaho guhana abishe amategeko. Akomeza avuga ko nka RALGA bazakomeza gushyira mu bikorwa inshingano zo guhugura abayobozi mu nzego z’ibanze kugira ngo barusheho gusobanukirwa no kuzuza inshingano zabo.

Nubwo ngo hakiri bamwe mubayobozi b’inzego z’ibanze bakirangwa no kwimana amakuru kandi bidakwiye, Umunyamabanga mukuru wa RALGA asaba abafite uburenganzira ku guhabwa amakuru ko bamenya guharanira uburenganzira bwabo aho bibaye ngombwa.

Yanasabye buri wese kumenya inshingano afite mu kubaha no kubahiriza icyo amategeko n’amabwiriza asaba ku kubona no gutanga amakuru. Mu gihe mu Rwanda habarurwa abanyamakuru basaga 800, abitabiriye uyu munsi babarirwa mu ijana.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga