• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abanyeshuri 15 bo muri Zambia na Zimbabwe basuye ishuri rya Polisi rya Gishari

Umwanditsi
May 10, 2019

Abanyeshuri 15 biga ibijyanye no kwimakaza umuco w’amahoro, imiyoborere no gukemura amakimbirane muri Kaminuza ya Zambia-Zimbabwe Open University basuye ishuri rya Polisi rya Gishari mu karere ka Rwamagana bagamije gusangizwa amasomo yigishwa abagiye mu butumwa bwa LONI bugamije kubungabunga amahoro n’umutekano.

Aba banyeshuri bari bayobowe na Dr. Daniel Ndhlovu ushinzwe uburezi bw’iyakure muri kaminuza ya Zambia (University of Zambia), bakiriwe n’umuyobozi w’ishuri rya Polisi rya Gisahari Commissioner of Police (CP) Vianney Nshimiyimana, abasangiza ku mikorere y’iri shuri kuva muri 2000.

Aba banyeshuri bari mu ruzinduko ry’amasomo mu Rwanda, basobanuriwe amateka yaranze u Rwanda n’uko rwagerageje kwikura mu bibazo n’ingaruka za Jenoside yakorewe abatutsi no kwiyubakamo ubushobozi butuma inzego z’umutekano z’u Rwanda zihabwa na LONI inshingano zo kubungabunga amahoro n’umutekano mu bindi bihugu.

CP Nshimiyimana yababwiye ko abapolisi bitegura kujya mu butumwa bwa LONI bugamije kubungabunga amahoro, iri shuri ribanza kubahugura no kubategura kugira ngo bazabashe gutunganya neza inshingano zibajyana.

Yagize ati “Twigisha abapolisi bijyanye n’ibyo tubakeneyeho, tukazamura ubumenyi bwabo n’ubushobozi bigendanye n’iby’Umuryango w’Abibumbye wifuza ku bapolisi bacu, yaba mu kurinda abayobozi, mu kurinda abaturage, guhosha imyigaragambyo n’ibindi birebana n’umutekano ndetse tukanarenzaho no gufasha abaturage kwikura mu bukene tubagezaho ibikorwa bitandukanye by’iterambere. Ibyo byose babyigira hano.”

Rufus Mkandawire uhagarariye aba banyeshuri yavuze ko u Rwanda ari igihugu gitangaje mu bijyanye no kubungabunga amahoro n’umutekano ku buryo uru rugendo ruzabafasha byinshi mu masomo biga ajyanye no Kwimakaza amahoro no gukumira amakimbirane.

Yagize ati “Dukeneye kwiga uburyo bwo kugera kuri byinshi byiza kandi mu gihe gito, Niyo mpamvu twahisemo u Rwanda nk’urugero rwiza rwo kwigiraho. Ni gihugu kivanye mu bibazo by’ingaruka za Jenoside none kikaba kiri ku rwego rwo gusangiza abandi amahoro, ibi ni ibintu buri wese yakwishimira gusobanukirwa uko bikorwa.”

Aba banyeshuri babwiwe ko ubufatanye no kumenya icyo abantu bashaka, bituma bagera kuri byinshi byiza kuko bikorwa buri wese abigizemo uruhare.

University of Zambia na Zimbabwe Open University ni kaminuza zifite imikoranire mu bijyanye no gusangira amasomo arimo ayibanda ku kwimakaza umuco w’amahoro, imiyoborere no gukemura amakimbira

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga