• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Huye: Abagabo batatu bafatanwe Moto bikekwa ko yibwe isubizwa nyirayo

Umwanditsi
May 12, 2019

Muri iki cyumweru dushoje kuwa 10 Gicurasi 2019 Polisi ikorera mu karere ka Huye yafashe abagabo batatu bakekwaho kwiba moto RB 798S ya Habimana Bonaventure yakoreshaga umwuga wo gutwara abagenzi. 
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi yavuze ko nyuma yuko Habimana Bonaventure atanze ikirego ko yibwe moto , Polisi yahise itangira kuyishakisha iyifatana abagabo bari bayimwambuye aribo Harerimana Clement ufite imyaka 35, Nsengumukiza Jean Marie imyaka 21 na Nzabarinda Fabien imyaka 27.

CIP Karekezi avuga ko iyi moto yari yaribwe kuwa 8 Gicurasi 2019 ahagana saa 23h ubwo uyu mu motari yaravuye gutwara umugenzi ari kugaruka mu mujyi wa Huye.

Yagize ati  “Ubwo Habimana yaravuye gutwara umugenzi ageze mu Kagari ka Munyogoro yahuye n’abagabo batatu bafite ibibando baramwitambika, ashatse gukata ngo asubire inyuma moto ihita igwa hasi ayivaho ariruka bahita bayitwara.”

Akomeza avuga ko abayibye bahise bajya mu kandi kagari abaturage bababonye bagira amakenga bamenyesha Polisi irayibafatana.

CIP Karekezi yibutsa abaturage kwirinda kwishora mubyaha kuko harimo ingaruka nyinshi kubifatiwemo.

Yagize ati “Iyo wishoye mu byaha ingaruka zikugeraho vuba cyane, bityo ugasigara ubaye umutwaro ku muryango wawe kuko usigara ukwitaho mu gihe amategeko yaguhannye. Buri wese arasabwa kubyirinda kugira ngo umutekano n’ituze bikomeze bisagambe.”

CIP Karekezi agira inama abagifite umutima wo gukizwa n’ibyibano kubireka kuko Polisi y’u Rwanda itazihanganira umuntu wese ushaka guhungabanya umutekano w’abaturage abatwara ibyabo.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga