• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Abapolisi n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha bagiranye ibiganiro n’umuyobozi mukuru wa Polisi

Umwanditsi
May 15, 2019

Ni ibiganiro by’umunsi umwe byahuje abagize komite z’urubyiruko rw’abakorerabushake ku rwego rw’akarere no ku Ntara ndetse n’abapolisi bashinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage hagamijwe kurwanya no gukumira ibyaha mu turere (DCLOs).  Bose hamwe barengaga 80. Ni ibiganiro byabaye kuri  uyu wa 14 Gicurasi 2019 ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yashimiye urubyiruko rw’abakorerabushake ku murava n’ubwitange bihora bibaranga mu bikorwa byabo bya buri munsi.Yavuze ko uruhare bagira mu kurwanya no gukumira ibyaha ndetse no mu bikorwa biteza imbere imibereho myiza y’abanyarwanda ntawabibonera agaciro mu mafaranga.

Yagize ati: “Mudufasha mu bintu bitandukanye nko kurwanya no gukumira ibyaha, ibikorwa biteza imbere igihugu cyacu ndetse no guteza imbere imibereho myiza y’abanyarwanda. Ibikorwa byanyu ni intagereranywa buri wese abona akamaro mufitiye igihugu.”

IGP Munyuza yakomeje abwira uru rubyiruko ko ntagishimisha nko kubona igihugu gitekanye kandi bigizwemo uruhare n’abene gihugu. Yabagaragarije ko ibihungu byose byateye imbere byabigezeho kubera gushyira hamwe kw’abanyagihugu ndetse no gukunda ibihugu byabo.

Yakomeje avuga ko igihugu ntacyo cyageraho kidafite urubyiruko rw’abakorerabushake kandi bafite uburere, abasaba gukomeza gufatanya na Polisi y’u Rwanda aho baba bari mu bice bitandukanye by’igihugu.

Muri iki kiganiro, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yibukije uru rubyiruko n’abapolisi bakitabiriye ko hari bamwe mu baturarwanda bagifite ibitekerezo bibi byo guhungabanya umutekano w’igihugu, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ihohoterwa rikorerwa mu miryango, icuruzwa ry’abantu n’ibindi bityo ko uruhare rwa buri wese rukenewe mu gukumira ibyaha.

Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo, Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe guhuza ibikorwa byayo n’abaturage(Community Policing) yasabye abitabiriye ibi biganiro gukomeza gukorana bya hafi, barushaho kwigisha abaturage uburere mboneragihugu.

Yagize ati: “Mwe muri aha musanzwe mukorana bya hafi n’urundi rubyiruko rwose ku buryo ubufatanye bwanyu burushaho gukomera. Ubwo bufatanye nibwo buzadufasha gukangurira abaturage kurwanya no gukumira ibibi ndetse no guteza imbere imibereho myiza yabo.”

Murenzi Abdallah, umuhuzabikorwa w’urubyiruko rw’abakorerabushake ku rwego rw’igihugu yashimiye Polisi y’u Rwanda uburyo ibahora hafi mu bikorwa byabo bya buri munsi.

Yagize ati: “Mu bikorwa bya buri munsi tubamo byo kurwanya no gukumira ibyaha, ibikorwa biteza imbere igihugu, guhugura abaturage mu kuboneza imirire n’ibindi, buri gihe tuba turi kumwe Polisi. Ntitwakwibagirwa kandi amahugurwa atandukanye idahwema kuduha atwongerera ubumenyi ku miterere y’ibyaha n’uko byakumirwa bitaraba.”

Kuri ubu mu gihugu hose harabarirwa urubyiruko rw’abakorerabushake bagera ku bihumbi 260, bakaba bafite intego ko byibura mu myaka 5 bazaba bageze kuri Miliyoni.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga