• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

RDC: Umuyobozi mukuru wa Polisi yihanangirije abagendera ku cyenewabo mu kwinjiza abapolisi mukazi

Umwanditsi
May 23, 2019

General Dieudonne Amuli, umuyobozi mukuru wa Polisi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, kuri uyu wa 22 Gicurasi 2019 mu biganiro byaberaga i Kinshasa yihanangirije bagenzibe binjiza mu gipolisi abo bafitanye amasano bitewe ahanini n’uko ubuzima bwabayobeye hanze (Abashomeri), avuga ko ntacyo bakimarira.

General Amuli, yabanje gusaba abapolisi kurwanya ubujura mubaturage no kugendera kure iyinjizwa mu gipolisi ry’abatagifitiye umumaro ( abashomeri, ab’ibimenyane…). Yabasabye gukora kinyamwuga no kurangwa n’ikinyabupfura, anabasaba muri rusange kugira uruhare mu gukumira no kurwanya icyorezo cya Ebola.

Yabwiye abapolisi bagenzi be ko ababajwe no kuba hari abinjizwa mu gipolisi hadakurikijwe cyangwa se hirengagijwe amategeko n’amabwiriza agenga umwuga.

Yagize ati ” Ni ikosa ritihanganirwa ( faute Lourde), gufata umusore cyangwa inkumi ngo kuko ari mubyara wawe, umwana w’umuvandimwe wawe, ukumva ko agomba kwambara imyenda ngo kuko ntacyo afite akora ( un chômeur), ukamuhagarikira amashuri ngo uramuha akazi”.

Yibukije bamwe mu gipolisi, abakuru n’abato ( officiers & sous – officiers), nkuko radio Okapi dukesha iyi nkiru ibivuga ko inshingano zabo za buri munsi ari ukurinda abaturage n’ibyabo. Yabibukije ko kandi uyu murimo bagomba kuwukorana ikinyabupfura.

General Dieudonne Amuli, umuyobozi mukuru wa Polisi muri Kongo yatangaje ko yamaze gufata ingamba afatanije na bagenzi be zo kutazihanganira uwo ariwe wese muri Polisi uzarenga ku mategeko n’amabwiriza. Yahamagariye buri mupolisi gukora kinyamwuga.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga