• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Sudani y’Amajyepfo: Abapolisi b’u Rwanda 188 biganjemo ab’igitsina gore bambitswe imidari

Umwanditsi
May 31, 2019

Kuri uyu wa 30 Gicurasi 2019, abapolisi 188 b’u Rwanda biganjemo ab’igitsina gore bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Sudani y’Amajyepfo bambitswe imidari y’ishimwe kubera ubunyamwuga bagaragaza mu gukora akazi bashinzwe.

Ibi birori byo kwambikwa imidari byabereye ku cyicaro cy’aho baba i Juba, biyoborwa n’ intumwa yihariye ihagarariye Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri (UNMISS) Mustapha SOUMARE ari nawe wabambitse iyo midairi.

Byanitabiriwe kandi n’umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Sudani y’Amajyepfo (UNMISS) Brig Gen. Mutasem Aljadid ALMAJALI, umuyobozi wa Polisi wungirije muri Soudan y’Amajyepfo Lt Gen. James PUI YAK n’abandi bayobozi batandukanye.

Mustapha SOUMARE wari uhagarariye intumwa y’Umuryango w’Abibumbye, yashimiye Leta y’u Rwanda ibikorwa byiza ikora byo kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi, anavuga ko ari cyo gihugu cyohereza mu butumwa bw’amahoro umubare munini w’abapolisikazi.

Yagize ati “Uyu munsi aba bapolisi 188 b’igihugu cy’u Rwanda bambitswe imidari y’ishimwe bibumbiye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano bwa UNMISS, ndabashimira kubera imikorere myiza mudahwema kugaragaza, ubwitange bwanyu mu gucunga umutekano mu bihe bigoye byo kugarura amahoro n’umutekano hirya no hino ku isi.”

Yongeyeho ati “ Ingufu zanyu n’umurava no gukorera hamwe mugaragaza mu kazi mukora ko kugarura amahoro n’umutekano bishimwa na buri wese. Abapolisi 188 bahagaze imbere yacu uyu munsi, 87 ni igitsina gore, iki ni ikimenyetso cy’umusaruro ugaragarira buri wese ku isi.”

Mu ijambo rye uhagarariye iri tsinda ry’aba bapolisi bari mu butumwa bw’amahoro(FPU), Assistant Commissionner of Police (ACP) Teddy Ruyenzi yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul KAGAME icyizere yabagiriye akabohereza mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.

Yagize ati “ Turashimira kandi Umuryango w’Abibumbye wahaye agaciro abagore mu bikorwa byo kugarura amahoro n’umutekano no kwemera kohereza umubare munini w’abapolisikazi muri ubu butumwa bw’amahoro.”

ACP Ruyenzi yashimiye buri wese uruhare rwe yagaragaje kugira ngo ibikorwa byo kubungabunga amahoro bigende neza kimwe n’abandi bafatanyabikorwa bose babigizemo uruhare kugira ngo bagere ku ntego y’ubu butumwa.

Ubu butumwa bwibanda ku kugarura umutekano, kurinda abayobozi bakuru no kubungabunga amahoro n’umutekano mu nkambi ebyeri (2) zirimo abasivili.

Uyu mutwe kandi ufite inshingano zo guherekeza abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bava mu nkambi bajya gukora ibizamini bya Leta mu mujyi wa Juba n’ibindi bikorwa biteza imbere abaturage.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga